Ku wa 9 Kanama 2025, Ni bwo hasohotse itangazo risinyweho n’ibihugu birimo u bufaransa, u Butaliyani, u Budage, Pologne u Bwongereza ndetse na komisiyo y’u Burayi, riza mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igihugu cye kitazigera giha uduce tw’igihugu u Burusiya nk’inzira y’amahoro.
Iri tangazo ryaje ryemeza ko umugambi wo kuganira hagati ya Trump na Putin hagamijwe kurangiza intambara yo muri Ukraine ukwiye, ariko bavuga ko Kyiv ikwiye gukomeza gushyigikirwa no gusunika u Burusiya kugira ngo habeho amahoro arambye.
Trump wasezeranyije kurangiza iyi ntambara, ateganya guhura na Putin taliki 15 Kanama 2025, avuga ko impande zombi ziri hafi kumvikana ku masezerano ashobora kurangiza intambara.
Ibizaba bikubiye mu masezerano ntibiratangazwa, ariko Trump yavuze ko azaba arimo guhana bimwe mu bice by’ubutaka ku nyungu z’impande zombi, ibyasaba Ukraine gutanga igice kinini cy’ubutaka bwayo, Ibintu Zelenskyy n’abafatanyabikorwa be b’Abanyaburayi badakozwa.
Mu itangazo bahuriyeho Abayobozi b’u Burayi bavuze ko inzira yonyine yo kurangiza intambara ari ukuganira binyuze muri dipolomasi, gufasha Ukraine, no gushyira igitutu ku Burusiya.
Bongeraho ko amasezerano ayo ari yo yose y’amahoro agomba kurinda umutekano wa Ukraine n’u Burayi.
Perezida Volodymyr Zelenskyy yashimye iri tangazo, avuga ko iherezo ry’intambara rigomba kuba irikwiye kandi ashimira abahagaze ku ruhande rwa Ukraine ku nyungu z’umutekano w’ibihugu by’u Burayi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!