00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twahirwa Séraphin uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside yapfuye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 December 2024 saa 10:18
Yasuwe :

Twahirwa Séraphin wari uherutse gukatirwa n’Urukiko rwo mu Bubiligi igifungo cya burundu nyuma yo guhamywa ibyaha bya Jenoside, yapfuye aguye mu bitaro bya Saint-Luc biri i Bruxelles.

Mu Ukuboza 2023 nibwo Urukiko rwa Rubanda rw’i Bruxelles mu Bubiligi rwahamije Twahirwa ibyaha bya Jenoside, iby’intambara, kwica abigambiriye no gusambanya abagore ku gahato; byose yakoreye mu Gatenga n’i Gikondo ubwo yari umuyobozi w’Interahamwe mu 1994.

Umunyamategeko we, Me Vincent Lurquin, yabwiye BBC ko yari aherutse kuvanwa aho yari afungiye, ajya kwitabwaho mu bitaro bya Saint Luc i Bruxelles.

Yavuze ko yari aherutse kumusura, asanga arembye cyane.

Yakomeje avuga ko uwo yunganiraga, yari asanzwe arwaye indwara ya kanseri mu kuguru yavuye ku mpanuka yagize mu myaka ya 1980.

Yagendana ukuguru k’uguterano (prothèse), ndetse yari asanzwe afite n’indwara ya diabète. Ngo uburwayi bwe bwakaze cyane ubwo yashyirwaga muri Gereza.

Ubwo yaburanaga, amazina y’Abatutsi Twahirwa yagiye yica ku giti cye, akabica abarashe yagiye agarukwaho mu Rukiko, ndetse bamwe mu bafashwe ku ngufu batanze ubuhamya bagaragaza ubugome yari afite mu guhemukira Abatutsi, kuko hari nubwo yabagabizaga interahamwe ngo zibasambanye.

Twahirwa yari mubyara wa Agathe Kanziga, umugore wa Perezida Habyarimana.

Twahirwa Séraphin yapfuye afite imyaka 66 y'amavuko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .