Ibi yabigarutseho ku wa 22 Werurwe 2025, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yagarutse ku mateka ya na Putin ndetse no ku ntambara ya Ukraine, agaragaza ko ari we muntu wenyine washobora guhagarika Putin.
Trump yavuze ko ari we muntu wenyine ufite ubushobozi bwo guhagarika intambara yo muri Ukraine cyane cyane kubera amateka meza afitanye na Perezida Putin hamwe na Perezida wa Ukraine.
Yagize ati “Ntabwo ntekereza ko hari undi muntu ku Isi ushobora guhagarika Putin, uretse njyewe kandi ngiye kumuhagarika. Twagiranye ibiganiro byiza kandi ndifuza kubona iyicwa ry’abantu rihagarara.”
Gusa Trump yatanze umuburo ko mu gihe ibiganiro byo guhagarika intambara bitakunda bishobora kugeza ku Ntambara ya Gatatu y’Isi.
Ariko yagaragaje ko kubera umubano mwiza afitanye n’aba bayobozi bombi bahanganye barimo Putin na Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, nta kabuza intambara izahagarara.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!