00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tito Rutaremara yasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi guhagurukira igwingira ry’abana n’inda ziterwa abangavu

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 9 February 2025 saa 04:17
Yasuwe :

Tito Rutaremara yasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Mujyi wa Kigali gushyira imbaraga mu gukemura ibibazo bicyugarije Abanyarwanda birimo igwingira ry’abana n’inda ziterwa abangavu.

Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki 9 Gashyantare 2025, ubwo hatorwaga abagize komite nyobozi y’Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali.

Muri ayo matora, Samuel Dusengiyumva usanzwe ari Meya w’Umujyi wa Kigali ni we watorewe kuyobora Umuryango wa FPR Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi, yungirijwe na Haruna Nshimiyimana, mu gihe Kayitesi Marceline yatorewe kuba umwanditsi.

Irene Niyitanga yatorewe kuyobora Komisiyo y’ubukungu ahigitse abarimo Munyakazi Sadate na Makuza Freddy, Nkurunziza Samuel atorerwa kuyobora Komisiyo y’imibereho myiza, imiyoborere myiza hatorwa Tetero Solange, na ho Komisiyo y’Ubutabera hatorwa Me Nyamaswa Raphael.

Hatowe kandi batatu bahagarariye urubyiruko muri Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali barimo Cyusa Dieudonné, Rucaca Pacifique na Ingabire Josepha.

Dusengiyumva Samuel watorewe kuyobora FPR Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, yijeje abanyamuryango ko amatora atari ryo herezo, ahubwo ari intangiriro zo gushyira mu bikorwa ibyo bazakorera abaturage.

Yagaragaje ko azashyira imbaraga mu kongera ubwitabire bw’abanyamuryango guhera ku rwego rw’Umudugudu no gushyiraho imbaraga mu guteza imbere urubyiruko n’abagore.

Ati “Bigaragara ko iyo abantu bashyize imbaraga n’ibitekerezo byabo hamwe, uhereye ku mudugudu tujya tubona twubaka imihanda n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye. Icya kabiri tuzashyira imbaraga mu rubyiruko n’abagore, tureba uburyo binyuze mu muryango wa FPR Inkotanyi haboneka amahirwe menshi y’iterambere.”

Yakomeje agaragaza kandi ko hazashyirwaho uburyo bwo gutambutsa ibitekerezo by’abanyamuryango, kwihutisha serivisi ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ati “Kuzamura imyumvire y’abaturage bacu, ku buryo bwo kubaho neza, bakagira ubuzima bwiza, bakora siporo, kumenya umuryango no kwita ku bana bakiri bato kugira ngo babashe kwitegurira amashuri ariko tugenda tunagabanya n’ihungabana naryo rigenda riba ryinshi.”

Yashimangiye ko binyuze mu bufatanye bw’abanyamuryango hazagerwa kuri byinshi by’umwihariko ibikubiye muri Manifesto ya FPR Inkotanyi ya 2025-2029.

Tito Rutaremara yagaragaje ko ubutumwa bukomeye abayobozi batowe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakwiye kwitaho ari ibirebana no gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo n’igwingira ry’abana.

Ati “Nta soni mufite kuba mugifite abantu barwaye za bwaki muri abanyamujyi? Umwana wagwingiye ntabwo ubwenge bwe bukora 100%, biragenda bikagera kuri 50% ndetse no hasi y’aho. Ntabwo rero ari we uzavamo injeniyeri, umuganga, umutekinisiye ndetse izi ndwara ziza kuko baba ari abanyantege nke ni bo ziheraho zikabazahaza kurusha abandi.”

Yagaragaje ko kugwingira kw’abana bidaturuka ahanini ku bukene ahubwo biterwa n’ubujiji no kutita ku bana uko bikwiriye, abasaba kugira uruhare mu gushaka umuti w’icyo kibazo.

Yashimangiye ko kandi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bagomba kugira uruhare mu gushaka umuti urambye ku kibazo cy’inda ziterwa abangavu n’ibindi bicyugarije umuryango nyarwanda.

Yasabye abayobozi gukemura ibibazo abaturage babagezaho bidasabye gutegereza igihe kirekire.

Tito Rutaremara yasabye abayobozi gukemura ibibazo by'abaturage batazuyaza
Dusengiyumva Samuel yijeje gushyira imbaraga mu guteza imbere abagore n'urubyiruko
Amatora yitabiriwe n'abantu batandukanye barimo na Senateri Nyirasafari Esperance (iburyo)
Abitabiriye amatora banyuzagamo bakanasusurutswa mu ndirimbo zinyuranye
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Imibereho myiza y'abaturage, Urujeni Martine
Gasana Alphred wabaye Minisitiri w'Umutekano imbere mu Gihugu
Komite Nyobozi y'Umuryango wa FPR Inkotanyi ku rwego rw'Umujyi wa Kigali
Akanyamuneza kari kose ku bagore bitabiriye uyu munsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .