Usibye kwimakaza amahame y’ubutore ku banyeshuri bashya, habayeho kubakira no kubamenyereza banahiga imihigo y’ibyo biyemeje kugeraho.
Eng. Pascal Gatabazi, umuyobozi w’Ishuri ry’Ikoranabuhanga rya Tumba(Tumba college of Techonology) yasabye abanyeshuri batojwe gukomeza imihigo y’intore.
Yagize ati “ icyo tubifuzaho ni uko mukomeza kurangwa n’indangagaciro z’umuco nyarwanda kugira ngo mwubake ejo hanyu hazaza ndetse n’igihugu cyacu muri rusange.”
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi Dr.Ntivuguruzwa Célestin yavuze ko iki gikorwa cyatekerejwe na Perezida Paul Kagame hagamijwe kurinda no kubakira ku byagezweho mu Rwanda.
Yagize ati “iki ni igikorwa gikomeye, cyatekerejwe na Perezida Paul Kagame wavuze ko kugira ngo dushobore kurinda no kubakira ku byagezweho, Itorero rigomba kugaruka mu gihugu, nyuma y’imyaka 100 abakoloni bariciye mu gihugu cyacu.”
Dr. Ntivuguruzwa yakomeje avuga ko hagomba kubaho ubufatanye mu kubaka u Rwanda rushya, asaba izi ntore zahawe izina ry’Intagamburuzwa kuzaharanira kwesa imihigo bahize, bakubaka u Rwanda rushya, ndetse na Afurika muri rusange.
Muri uyu muhango, Intore zahize imihigo irimo gutanga amahugurwa ku ikoranabuhanga mu bigo by’amashuri abanza, gusana mudasobwa 200 mu bigo bya leta, gufasha amakoperative yo mu murenge wa Bushoki hubakwa amashyiga ya cana rumwe n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO