00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Londres kubera ifungwa ry’ikibuga cya Heathrow

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 March 2025 saa 02:36
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, bwatangaje ko bwasubitse ingendo ziva cyangwa zijya i Londres mu Bwongereza kubera ikibuga cy’indege cya Heathrow cyagize ibibazo by’amashanyarazi kigahagarika imirimo.

Ikibuga cy’indege cya Heathrow cyabuze amashanyarazi kuva mu ijoro ryo ku wa 20 Werurwe 2025, kubera inkongi y’umuriro yafashe ’transformateur’ ya sitasiyo y’amashanyarazi ya Hayes ari na yo gikuraho amashanyarazi.

Ubuyobozi bw’Ikibuga cy’Indege cya Heathrow bwahise butangaza ko buhagaritse imirimo yose kugeza 23h59 zo ku wa 21 Werurwe 2025, hagamijwe kubungabunga umutekano w’abagenzi n’abakozi bacyo, kandi ko nta muntu wemerewe kuhagana bataratangaza ko basubukuye imirimo.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga byanditse ko ingendo zirenga ibihumbi 10 zasubitswe kubera iki kibazo.

Ni ingaruka zageze no ku bagenzi bava cyangwa bajya mu Rwanda bakoresheje indege ya RwandAir kuko na yo yasubitse ingendo zari kuva n’izijya i Londres kuri uyu wa 21 Werurwe 2025.

Itangazo rya RwandAir rigira riti “Bitewe no gufunga ikibuga cy’indege cya Heathrow kugeza 23h59 zo ku wa 21 Werurwe, urugendo WB711 rwo ku wa 20 Werurwe rwari kuva i Londres rujya i Kigali na WB710 rwo ku wa 21 Werurwe zasubitswe.”

RwandAir yavuze ko uko haba impinduka ku kibuga cy’indege cya Heathrow na yo imenyesha abakiliya bayo.

RwandAir imaze imyaka myinshi ijya i Londres buri munsi. Kuva tariki 9 Gicurasi 2024, iyi ndege ihaguruka ku Kibuga cy’Indege cya Heathrow-Terminal 4, i Londres igana i Kigali, icyemezo cyafashwe nyuma y’uko abagenzi baturuka muri iki gihugu berekeza mu Rwanda biyongereye.

Ni mu gihe abava i Kigali berekeza ku Kibuga cy’Indege cya Heathrow bahaguruka Saa Saba n’iminota 45 z’amanywa bakagerayo saa Tatu na 45’, hakaba n’ihaguruka Saa Tanu na 25’ z’ijoro ikazagera mu Bwongereza Saa Moya na 45’.

Mu 2023 ikibuga cy’indege cya Heathrow cyari icya kane mu kunyuraho abantu benshi, na ho abakinyuzeho mu mwaka ushize bari miliyoni 83,9.

RwandAir yasubitse ingendo ziva n'izijya ku kibuga cy'indege cya Heathrow

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .