00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RwandAir igiye gusubukura ingendo zijya i Doha n’i Dubai

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 29 May 2026 saa 05:35
Yasuwe :

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yatangaje ko izasubukura ingendo zijya n’iziva i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu n’i Doha muri Qatar, kuva ku wa 1 Kamena 2026.

Ingendo za RwandAir zerekeza i Doha n’i Dubai zasubitswe kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiraga.

Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 29 Gicurasi 2026 rigaragaza ko ingendo zizasubukurwa kuva ku wa 1 Kamena 2026

Riti “Tuzirikana uburyo izi nzira ari ingirakamaro ku bakiliya bacu. Ubwo izi serivisi zizaba zisubukuwe, umutekano no kumererwa neza ku bakiliya bacu bizakomeza kuba ku isonga.”

Raporo z’ingendo zerekana ko sosiyete mpuzamahanga z’indege nyinshi zatangiye gusubukura ingendo zijya i Doha n’i Dubai, inyinshi zikazatangira kujyayo muri Kamena.

RwandAir, mbere yo gusubika ingendo zijya cyangwa iziva muri aka karere yakoraga ingendo nyinshi mu cyumweru hagati ya Kigali na Dubai na Doha.

Mu 2025, ingano y’ibyatwawe n’indege ya RwandAir itwara imizigo yiyongereyeho 2,4% igera kuri toni 6.257, zivuye kuri toni 6.113 mu 2024. Umubare w’abasura u Rwanda na wo wazamutseho 9% ugera ku bantu miliyoni 1,49.

Hashize iminsi intambara hagati ya Amerika na Iran icishije make nubwo hatabura inshuro nke umwuka uba mubi hagati y’impande zombi.

Ku wa 28 Gicurasi, Amerika na Iran byemeranyije ku gahenge k’iminsi 60, ariko hari hagitegerejwe ko Perezida wa Amerika Donald Trump akemeza. Hagati aho ibiganiro bigamije kurangiza intambara burundu byo bizakomeza.

RwandAir yemeje ko igiye gusubukura ingendo zijya muri UAE na Qatar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages