00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Umwana w’imyaka 12 yagiye kuvoma arohama muri Muhazi

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 7 July 2026 saa 12:37
Yasuwe :

Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Muhazi, yajyanye na bagenzi be kuvoma muri Muhazi ararohama

Uyu mwana yarohamye muri Muhazi kumugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Nyakanga 2026, akaba yari atuye mu Mudugudu wa Kinunga mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Muhazi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamduni yabwiye IGIHE ko uwo mwana w’umuhungu yarohamye nyuma yo kujyana n’abandi bana b’abakobwa kuvoma bikarangira agiye koga akananirwa kandi akiri mu mazi.

Ati “ Ejo mu gihe cya saa Cyenda, abaturage bahamagaye Polisi bayibwira ko hari umwana w’umuhungu urohamye muri Muhazi wari wagiye kuvoma ari kumwe n’abandi bana babiri, bamaze kuvoma ariyambura we ajya koga, agezemo hagati acika imbaraga ararohama abandi bana bari kumwe nibo batanze amakuru.’’

SSP Twizeyimana yavuze ko bahise babimenyesha Polisi ishami ryo mu mazi ijyayo iramushakisha aza kuboneka yamaze gupfa ndetse umurambo we uhita ujyanwa ku bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ati “ Ubutumwa dutanga ni uko ababyeyi bakwiriye kuba hafi y’abana babo cyane cyane muri ibi bihe by’ibiruhuko. Ababyeyi baturiye ibiyaga n’imigenzi nibamenye aho abana babo baherereye, birinde gutuma bajya kuvoma, kujya gushaka ubwatsi bw’amatungo cyangwa kujya gusenya bari bonyine kuko bashobora kuhahurira n’ibibazo. Nibagenda bajye bajyana n’umuntu mukuru.’’

SSP Twizeyimana yakebuye n’abandi baturage bajya kogera ahantu hatemewe kubireka bakajya bajya ahantu hemewe kandi hari n’abashinzwe ayo mazi bashobora kubatabara.

Umwana yarohamye muri Muhazi yagiye kuvoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages