00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Bizihije umunsi wo Kwibohora31 bataha isoko rishya ryatwaye miliyari 2,8 Frw

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 4 July 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Abaturage n’abayobozi bo mu Karere ka Rwamagana bizihije ku nshuro ya 31 Umunsi Mukuru wo Kwibohora bataha kumugaragaro isoko rishya rya kijyambere ryubatswe muri uyu Mujyi, ryuzuye ritwaye miliyari 2,8 Frw.

Iri soko ryatashywe kumugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2025 mu muhango witabiriwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bo muri aka Karere.

Isoko rya kijyambere ryatashywe rifite imyanya 1.126 yo gukoreramo harimo amaduka 62. Ku ikubitiro abari basanzwe bakorera ahimuriwe iri soko ni bo bahawemo imyanya andi maduka akaba azahabwa abari gukorera mu nkengero z’iri soko.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko isoko ryari risanzwe ryakiraga abacuruzi batarenga 250 ariko ngo ubu bubatse isoko rinini rishobora kwakira abacuruzi nibura 1.200, yavuze ko isoko ryatashywe ari icyiciro cya mbere mu gihe mu minsi iri imbere hazanubakwa icyiciro cya Kabiri.

Ati “Rije gusubiza ikibazo cyari gihari kuko nk’uko mubibona Umujyi wa Rwamagana uri gutera imbere cyane rero hari hasanzwe agasoko gato gashaje kakiraga abantu batarenga 250, ariko ubu twubatse isoko rinini kandi rya kijyambere, tugomba rero kujyana n’igihe.’’

Umwe mu batangiye gukorera muri iri soko ku ikubitiro, Habinshuti Uzziel, yavuze ko mbere iri soko ritari ryubakwa, hari hato babyigana cyane ariko ubu barishimira ko bubakiwe isoko rinini ritanga ubwisanzure ku bantu bose.

Ati “Mbere tukihakorera hari hato, tubyigana, mu isoko rishaje, noneho ryaranavaga ku buryo ibintu byacu byangirikaga cyane. Ubu rero turi gucururiza ahantu heza kandi hisanzuye.’’

Irakoze Kevine ucuruza ibtunguru we yagize ati “Aho isoko ryari ryarimukiye hari hato cyane kandi hafunganye, ubu rero hano tuhiteze abakiriya benshi kuko ni isoko ryubatswe mu Mujyi rwagati, dufite icyizere ko abakiriya twajyaga tubona bazikuba kenshi.’’

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko bamaze iminsi myinshi bataha ibikorwa bitandukanye by’iterambere byagiye byubakwa mu rwego rwo kwizihiza umunsi wo Kwibohora, yasabye abakiri bato gusigasira ibyagezweho cyane cyane abaturage ba Rwamagana bubakiwe isoko rya kijyambere.

Biteganyijwe ko mu cyiciro mba Kabiri cy’iri soko aribwo hazubakwamo inzu igeretse inshuro eshanu, izakoreramo izindi serivisi zirimo amabanki,resitora n’ibindi byinshi bitandukanye.

Iri soko ryuzuye ritwaye miliyari 2,8 Frw
Guverineri Rubingisa, Meya Mbonyumuvunyi n'abandi bayobozi ubwo iri soko ryatahwaga kuri uyu wa Gatanu
Guverineri Rubingisa yasabye abaturage kubungabunga ibikorwa bubakirwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .