Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 26 Kamena 2026 bibera mu Mudugudu wa Cyeru mu Kagari ka Karitutu mu Murenge wa Muhazi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamduni, yabwiye IGIHE ko icyo cyobo barohamyemo cyari cyaracukuwe n’abahacukuraga amabuye, nyuma yo guhagarikwa ngo amazi yaturukaga i musozi akuzuramo ku buryo cyari cyarabaye nk’icyuzi gihangano.
Yagize ati “Hari ikirombe cyacukurwagamo amabuye yo kubaka, baza kugihagarika noneho uwagikoreshaga ntiyagisiba, imvura yagwa amazi akajya amanuka ku musozi akagenda akareka muri cya cyobo. Abana rero bagiye kuvomayo amazi ari abana batanu, batatu baravoma baragenda abandi babiri basigara boga baza kurohama.’’
SSP Twizeyimana yavuze ko Polisi yabimenye nijoro ifatanya n’abaturage imirambo ya ba bana ikurwamo ijyanwa ku bitaro bya Rwamagana gusuzumwa. Yavuze ko Urwego rw’Ubugenzacyaha rwahise rutumizaho uwo mugabo wakoreshaga icyo cyobo yahagarikwa ntagisibe kugira ngo atange ibisobanure.
SSP Twizeyimana yasabye kandi ababyeyi kutohereza abana ku byuzi, ibiyaga n’ahandi hantu hateye impungenge bonyine kuko baba bashobora kuhahurira n’ibibazo hamwe ntibashobore kubona ubutabazi bwihuse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!