Ibi byabereye mu Murenge wa Mushubati, Akagari ka Gitwa ho mu mudugudu wa Rwintore.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushubati, Mwenedata Jean Pierre, yahamirije IGIHE aya makuru avuga ko iperereza ku gushaka uwataye uru ruhinja mu musarane rikomeje.
Ati “Uwamutayemo ntaramenyekana, turi gukorana n’ubuyobozi bw’umudugudu n’abajyanama b’ubuzima ngo tumenye abari basanzwe batwite, turebe uwaba yakuyemo inda.”
Mwenedata yaboneyeho gukangurira abantu kwirinda kugwa mu byaha, kuko uwo bigaragayeho ko yabikoze wese abihanirwa nk’uko amategeko abiteganya.
Yasabye abangavu kwirinda kujya mu busambanyi no gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, mu kwirinda ibyaha byababaho.
Mwenedata yatunze agatoki ababyeyi baha akato abana babo iyo batwaye nda zitifuzwa ziterwa bigatuma abangavu batiyakira, ibishobora kuba byatuma abana biheba bakaba bakuramo inda.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!