Uyu mwana bivugwa ko yasambanyijwe kuwa 13 Kanama 2022 mu masaha ya saa saba z’amanywa.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose, yemeje aya makuru avuga ko uyu mwarimu arimo gushakishwa ku bufatanye n’inzego zose.
Ati “Uyu mwarimu akimara kumenya ko amakuru yatanzwe kuri RIB yahise atoroka ariko ubu turimo kumushakisha kugira ngo aryozwe icyaha akekwaho, Ababyeyi b’umwana batanze ikirego kuri RIB Sitasiyo ya Kivumu, umwana nawe akaba yajyanywe ku bitaro bya Murunda kwitabwaho.”
Yakomeje asaba abarimu kurangwa n’indangagaciro na kirazira no kuba abarezi beza bakazirikana ko barerera Igihugu cyababyaye ntibonone abo barera.
Mu ntara y’Iburengerazuba muri uyu mwaka hakomeje kugaragara abarimu bakekwaho gusambanya abana bashinzwe kurera. Mu cyumweru gishize mu karere ka Nyamasheke umwarimu wigisha isomo ry’ubutabire mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gihinga yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 16 yigishaga. Ni mu gihe muri Gicurasi 2022 nabwo mu Karere ka Rubavu umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 7 yigishaga amasomo y’ikigoroba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!