Amakuru IGIHE yamenye ni uko Habimana n’umuryango we bari batuye mu Murenge wa Murunda, Akagari ka Rugeyo ho mu Mudugudu wa Rusongati. Ibura rye ryabaye ku Cyumweru tariki 6 Nzeri 2026, ubwo yavaga mu rugo agiye gusenga Misa ya mbere ariko birangira adatashye.
Ku munsi wakurikiyeho, ku wa Mber, mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Nyarubuye ho mu Mudugudu wa Bwinyana ku masaha y’umugoroba ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu hatoraguwe imyambaro, irimo ipantaro, inkweto n’ishati.
Umurambo we waje kuboneka, kuri uyu wa Kabiri, mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Remera ho mu Mudugudu wa Kinunga.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, mu kiganiro na IGIHE yagaragaje inzego zibifitiye ububasha zatangiye iperereza.
Ati “Amakuru y’urupfu rwa Habimana twayamenye, kandi inzego zibifitiye ububasha zatangiye iperereza ku cyateye urupfu rwe.”
Yanaboneyeho kwibutsa abaturage kwirinda kujya mu mazi batazi koga.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Murunda gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!