00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Umurambo wasanzwe mu Kivu nyuma y’iminsi ibiri aburiwe irengero

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 9 September 2026 saa 09:53
Yasuwe :

Habimana Elias w’imyaka 48 wo mu Karere ka Rutsiro wari umaze iminsi ibiri aburiwe irengero, umurambo we wasanzwe mu Kiyaga cya Kivu.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko Habimana n’umuryango we bari batuye mu Murenge wa Murunda, Akagari ka Rugeyo ho mu Mudugudu wa Rusongati. Ibura rye ryabaye ku Cyumweru tariki 6 Nzeri 2026, ubwo yavaga mu rugo agiye gusenga Misa ya mbere ariko birangira adatashye.

Ku munsi wakurikiyeho, ku wa Mber, mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Nyarubuye ho mu Mudugudu wa Bwinyana ku masaha y’umugoroba ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu hatoraguwe imyambaro, irimo ipantaro, inkweto n’ishati.

Umurambo we waje kuboneka, kuri uyu wa Kabiri, mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Remera ho mu Mudugudu wa Kinunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, mu kiganiro na IGIHE yagaragaje inzego zibifitiye ububasha zatangiye iperereza.

Ati “Amakuru y’urupfu rwa Habimana twayamenye, kandi inzego zibifitiye ububasha zatangiye iperereza ku cyateye urupfu rwe.”

Yanaboneyeho kwibutsa abaturage kwirinda kujya mu mazi batazi koga.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Murunda gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages