Aya makuru yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa kane, tariki 8 Gicurasi 2025, mu masaha ashyira saa kumi z’igitondo.
Uyu murambo wabonywe n’abagore babiri bari bagiye mu kazi aho bakorera muri kampani icukura amabuye y’agaciro.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel, yemeje aya makuru avuga ko umurambo wasanzwe nta gikomere.
Ati “Umurambo wabonetse nta gikomere ari na byo byaduteye urujijo byahise bidusaba ko woherezwa kuri Rwanda Forensic Institute kugira ngo ukorerwe isuzuma. Ba nyir’akabari bari baraye bamubonye ndetse bamuha icyo kunywa ari na yo mpamvu mu rwego rwo gukusanya amakuru bafashwe uko ari babiri ngo bakorweho iperereza.
Abafashwe babiri bahise bajyanwa kuri RIB Sitasiyo ya Rugabano iherereye mu Karere ka Karongi.
Nta minsi ibiri irashira, kuko kuwa 6 Gicurasi, umurambo wa Nyiragasigwa Eugenie wo muri uyu Murenge wasanzwe mu ishyamba bigakekwa ko yapfuye yishwe.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!