Nyina w’uyu mwana yavuze ko ikibazo cyamenyekanye kuri uyu wa Mbere ubwo se w’umwana yavaga kwahirira inka anyuze ku gikoni asanga uwo mukozi arimo asambanya umwana.
Ati “Se yari yazindutse ajya kwahirira inka, agihinguka mu gikari asanga yamwiyicajeho ari kumukorera ibyo bintu”.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda, Icyizihiza Alda yemeje aya makuru, avuga ko uyu musore yahise afatwa hakaba hategerejwe ibisubizo bizava kwa muganga.
Ati “Arakekwa, yarafashwe, yari umukozi wo muri urwo rugo,ababyeyi bavuze ko yaba yasambanyije uwo mwana, bahuruza polisi irahagera umwana yajyanywe kwa muganga hategerejwe ibisubizo bizaturuka kwa muganga twe ntitwabimenya, bimenywa na RIB.”
Yakomeje avuga ko ikibazo cy’abasambanya abana kidakunda kubaho muri uyu murenge ngo kuko ari inshuro ya kabiri bibayeho mu myaka ibiri ishize.
Uyu musore wasambanyije uyu mwana akaba ari mu maboko y’Ubugenzacyaha sitasiyo ya Murunda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!