00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 15 amushukishije ’biscuit’

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 30 June 2026 saa 07:45
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 18 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15 amushukishije ‘biscuit’.

Ibi byabereye mu Murenge wa Manihira, Akagari ka Muyira, ku wa 28 Kamena 2026.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu musore yahamagaye uyu mwana w’umukobwa kuri telefone ngo aze amubwire hafi y’iwabo mu masaha ashyira Saa 20:00 amushukisha biscuit, abona kumusambanya.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manihira, Ukwishaka Titien yabwiye IGIHE ko uyu musore yamaze gutabwa muri yombi, ndetse uwahohotewe yahise ajyanwa kwa muganga kugira yitabweho.

Ati “Amakuru twakiriye ni uko uyu musore yahamagaye umwana w’umukobwa akamusanga hafi y’iwabo akamushukisha biscuit akamujyana mu gashyamba akamusambanya, umwana nawe yageze mu rugo ahita abitekerereza papa we, na we ahita atabaza irondo n’inzego z’ibanze uyu musore atabwa muri yombi.”

Umwana w’umukobwa yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rutsiro nyuma aza koherezwa ku bitaro bya Murunda, kugira ngo akomeze kwitabwaho. Mu gihe umusore afungiwe kuri RIB Sitasiyo ya Rusebeya.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages