Ibi byabaye mu masaha ya saa sita yo
ku wa 21 Ukuboza, ariko umurambo ukurwa muri iki cyobo saa moya z’ijoro.
Irankunda yaguye muri iki cyobo ubwo yari agiye kukivamamo amazi amaze igihe yarakiretsemo kubera ko kidaheruka gucukurwamo.
Bamwe mu batuye muri ako gace babwiye IGIHE ko bari basanzwe bagira impungenge z’iki cyobo cyacukuwemo amabuye ariko ntigisibwe.
Umwe muri bo ati “Iki cyobo cyarimo amazi kubera imvura, ejo umwana agiye kuvomamo agwamo, twari twarabwiye ubuyobozi ko bagisiba barabitwizeza.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Nsabimana Kazungu Alex, yavuze ko bagiye guhamgaza uwacukuragamo kuko bari baramwandikiye ngo asibe iki cyobo ariko ntabikore.
Ati “Uwagicukuragamo twari twaramuhaye ibaruwa ngo azagisibe. Twavuze ko tumutumiza akaza tukamubaza icyo ibaruwa twamwandakiye yayikoresheje, ubundi agasabwa kuhasiba byanze bikunze. Iby’ubwishingizi bizakurikiranwa nyuma.”

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!