00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi III ihuriweho n’u Rwanda, u Burundi na RDC izatangira gutanga amashanyarazi mu 2030

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 17 January 2025 saa 12:39
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umushinga wa Rusizi III uzatanga MW 206 ku bihugu bitatu birimo u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko uzatangira gutanga amashanyarazi mu 2030.

Ibi byatangarijwe mu nama n’abafatanyabikorwa kuri uyu mushinga, yabereye muri Kigali Convention Centre, kuri uyu wa 17 Mutarama 2025.

Ni umushinga uri gushyirwa mu bikorwa hagati y’inzego z’abikorera na Leta aho Ikigo cya Ruzizi III Regional Hydropower Project izaba yihariye 70% mu gihe ibindi bihugu bitatu bizaba bifite 30%.

Biteganyijwe ko mu gihe uzaba wamaze kubakwa uzatanga umusaruro ku bihugu byose kuko umuriro w’amashanyarazi uzatangwa uzagabanywa ibyo bihugu mu buryo bungana.

Mohsin Tahir, uyobora uyu mushinga wa Rusizi III yavuze ko uyu mushinga umaze imyaka irenga 10 uganirwaho n’ibi bihugu bitatu, ariko ko kuri ubu basa n’abari mu cyiciro cya nyuma kugira ngo umushinga utangire kubakwa, imirimo izatwara imyaka itanu.

Yagize ati "Uyu mushinga ntabwo uzagirira inyungu gusa u Rwanda, u Burundi na RDC, ahubwo ni umushinga uzagira umumaro ku mugabane wose, Rusizi III ni rwo ruganda rw’amashanyarazi rwa mbere [...] Turateganya ko umushinga uzatwara imyaka itanu, ku buryo mu 2030 uzaba watangiye gutanga amashanyarazi."

"Imirimo yo kubaka ubwayo izatanga imirimo irenga 2000, ikindi navuga kuri uyu mushinga ni uko uzaba ubaye umwe mu ikomeye yaba yarakozwe mu myaka 30 ishize, aho hakoreshwa umutungo kamere uhuriweho mu nyungu z’ibihugu byose."

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Gasore Jimmy, yavuze ko uyu mushinga uzagirira umumaro u Rwanda ndetse n’ibihugu biwufatanyijwe, kuko uzatanga amashanyarazi adahungabanya ibidukikije.

Ati "Ni umushinga dutegereje cyane nk’igihugu, ndetse n’ibindi bihugu duhuriye kuri uyu mushinga, kubera ko uzatwongerera umuriro uhagije w’amashanyarazi, Megawatt zigera kuri 80 kuri buri gihugu, tukumva ko ari umushinga dutegereje cyane, kubera ko uduha amashanyarazi, ukaduha n’amashanyarazi adahungabanya ibidukikije."

Minisitiri Dr. Gasore yavuze ko ibibazo biri mu mibanire y’ibi bihugu bitazagira ingaruka kuri uyu mushinga, ati "Tubishingira ku byo twabonye, dusanzwe dufite umushinga wundi duhuriyeho, wakoze kuva mu myaka ya 1990 n’uyu munsi urakora, inama ziraterana ibyemezwo bigafatwa, ndetse n’uyu wa Rusizi III aho ugeze ni uko n’ubundi ibihugu biganira, bigafata ibyemezo bikeneye gufatwa kugira ngo umushinga ugende neza."

Minisitiri w’Ibikorwaremezo yavuze kandi ko muri Nzeri 2025, ari bwo hazagerwa ku bwumvikane buseseuye hagati y’abatanga amafaranga, abakora umushinga n’ibihugu (financial close), hanyuma imirimo yo kubaka ikabona gutangira.

Ati "Twatangiye gutanga amasoko y’abazubaka, tukumvako ubwo bwumvikane nibugerwaho, hazahita hatangira kubakwa, ni ukuvuga ngo umwaka utaha mu 2026, umushinga ukaba uteganyijwe kuzubakwa mu gihe cy’imyaka itanu."

Dr. Gasore yasobanuye ko uretse kongera umuriro w’amashanyarazi ku baturage b’ibihugu byombi, uyu mushinga uzanagira uruhare mu gushimangira imikoranire n’ubufatanye bw’ibihugu ndetse n’imibanire myiza.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ihuzabikorwa ry’Iterambere ry’Ingufu muri CEPGL cya Great Lakes Energy Organisation (EGL) kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’uwo mushinga, Charles Vumbi Mbenga, yagaragaje ko ibihugu byose bifite ubushake mu ishyirwa mu bikorwa ry’uwo mushinga.

Mbenga yasabye inzego z’umutekano ku mpande zose guharanira ko ahazakorerwa ibyo bikorwa hazaba hari umutekano usesuye nk’uko ibihugu byabyiyemeje muri 2019.

Amasezerano yemeza ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga wo kubaka Urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III, yemerejwe mu Mujyi wa Kinshasa ku wa 29 Nyakanga 2019.

Biteganyijwe ko ruzuzura rutwaye miliyoni $625.19 arimo miliyoni $138.88 yatanzwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) na miliyoni $50.22 azatangwa n’urwego rutera inkunga ibikorwa by’abikorera.

Rusizi III ni kimwe mu bikorwa bigamije guteza imbere ibikorwa remezo muri Afurika (PIDA), ruzubakwa ku mugezi wa Rusizi uri hagati y’ibihugu by’u Rwanda na RDC, ahazanashyirwa uburyo bwo gukwirakwiza amashanyarazi.

Ibi bikorwa bizatuma ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na RDC bikemura ibibazo by’ingufu z’amashanyarazi zidahagije byakunze guterwa n’ubwiyongere bw’abaturage butajyanye n’ibikorwa remezo bijyanye n’urwego rw’ingufu bakeneye.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Gasore Jimmy, yavuze ko uyu mushinga uzatanga amashanyarazi adahungabanya ibidukikije
Mohsin Tahir, uyobora uyu mushinga wa Rusizi III yavuze ko mu myaka itanu uzaba uri gutanga amashanyarazi
Umuyobozi wa Sosiyete ya IPS Kenya yagaragaje ko ibihugu byose bifite ubushake mu ishyirwa mu bikorwa ry'uwo mushinga
Ubuyobozi bw'uyu mushinga bwatangaje ko imirimo yo gutangira kubaka izatangira umwaka utaha.
Abafatanyabikorwa beretswe ko uyu mwaka hazagerwa ku masezerano ya nyuma aganisha ku mirimo y'ubwubatsi
Umuyobozi wa EDCL, Felix Gakuba na CP John Bosco Kabera wari uhagarariye Polisi y'Igihugu muri iki gikorwa
Amb. Vincent Karega aganira na Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda
Ambasaderi w’u Rwanda wihariye ushinzwe Akarere k'Ibiyaga Bigari, Amb Vincent Karega, yari mu bitabiriye ibi biganiro
Ambasaderi w'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra, yavuze ko bazashyigikira ishyirwa mu bikorwa ry'uwo mushinga
Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yashimye ubufatanye bw'ibihugu muri uwo mushinga n'inyungu uzagira ku baturage
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ihuzabikorwa ry’Iterambere ry’Ingufu muri CEPGL cya Great Lakes Energy Organisation (EGL) kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’uwo mushinga, Charles Vumbi Mbenga, yasabye ubufatanye mu kubona umutekano usesuye ahazakorerwa imirimo y'ubwubatsi bw'uwo mushinga

Amafoto: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .