Ibi aba baturage babisabwe ku wa kane tariki ya 19 Gashyantare 2015, ubwo bari mu birori byo gutaha isomero rusange ryo muri aka karere ka Rusizi, umurenge wa Gihundwe ryashyizwe mu nzu y’urubyiruko ya Rusizi YEGO Center.
Mushinzimana Ephrem, Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Akarere ka Rusizi yasabye abaturage ba Rusizi kugira umuco wo gukunda gusoma no kuwutoza abana babo bakiri bato.
Mushizimana yagize ati: “Gusoma ibitabo ni isoko y’ubumenyi kandi ubumenyi bubyara byose rero uru rumuri duhawe turubyaze umusaruro. Ndasaba abayobozi b’Imirenge bari hano ko bakangurira buri muturage kugana isomero”.
Uyu muyobozi yavuze ko uyu munsi ari uw’intangiriro y’ubuhanga n’ubumenyi mu karere ka Rusizi, akaba yemeye ko bazafasha iri somero mu buryo bwose kugira ngo rirusheho gutera imbere no gukora ubukangurambaga n’ubuvugizi bwose bushoboka.
Karambizi Oleg Olivier, umukozi ushinzwe isakaza n’imenyekanishabikorwa mu isomero rikuru ry’Igihugu wari uhagarariye Minisiteri ya Siporo n’Umuco yabwiye abaturage ba Rusizi ko isomero ari ityarizo ry’ubwenge akaba yasabye buri wese kurigana no kurikundisha abandi.
Karambizi Oleg yagize ati: “Umuturage ukunda gusoma ni umufatanyabikorwa mwiza wa Leta, ndabasaba rero kugira umuco wo gusoma no kubikundisha abakiri bato. Mu iterambere ry’Igihugu turimo utazi gusoma azasigara inyuma kuko rishingiye ku bumenyi”.
Karambizi Oleg yabikije ababyeyi n’abarezi (abarimu) ko aribo bafite uruhare runini mu kwigisha no gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma no kwandika.
Ibirori byo gutaha isomero ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Gihundwe byaranzwe n’imikino itandukanye irimo Karate, Kungu Fu, imbyino gakondo n’imivugo.
Iki gikorwa kimwe n’ibindi byabaye mu gihugu hose bikaba byari mu cyumweru cyahariwe gushishikariza abanyarwanda kugira umuco wo gusoma cyatangiye tariki ya 16 Gashyantare 2015, kikaba cyarateguwe na Minisiteri ya Siporo n’Umuco ibinyujije mu isomero ry’Igihugu n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Iki cyumweru kikaba cyararanzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo amarushanwa yo gusoma no kwandika ,imivugo y’abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, gutanga ibitabo, imurikabitabo, gusura amasomero n’ibindi bigamije gushishikariza abantu kugira umuco wo gusoma.



















TANGA IGITEKEREZO