00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusesabagina yageze mu rukiko atunganiwe, Sankara ati ’ni tactic’ zo gutinza urubanza (Amafoto na Video)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 11 March 2021 saa 08:39
Yasuwe :

Urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi 20 rwasubitswe ku mpamvu z’uko yitabye urukiko atunganiwe mu gihe yemerewe uburenganzira bwo kuburana afite umwunganizi mu bijyanye n’amategeko.

Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka ruherereye mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa Kane rwakomeje kuburanisha urubanza Rusesabagina Paul, Nsabimana Callixte ‘Sankara’ na Nsengimana Herman n’abandi 18 baregwamo ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba bakekwaho.

Ni urubanza rwabaye nyuma y’umunsi umwe urukiko rwanzuye ko ubusabe bwa Rusesabagina bwo kuvanaho icyemezo kimufunga by’agateganyo agasubira mu buzima busanzwe kuko yagejejwe mu Rwanda binyuranye n’amategeko, ashimuswe, nta shingiro ifite.

Uyu mwanzuro watangajwe ku wa 10 Werurwe 2021 ndetse Paul Rusesabagina n’umwunganizi we, Rudakemwa Félix bari mu Rukiko rw’Ikirenga, aho iburanisha riri kubera mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.

Mu gihe iburanisha ryari rigiye gutangira, Perezida w’Inteko Iburanisha, Umucamanza Muhima Antoine yabajije niba ababuranyi bose bunganiwe ariko Rusesabagina n’abandi batatu nta bavoka bari bafite.

Rusesabagina yavuze ko ashobora gukomeza kuburana mu gihe atari bubazwe ku byerekeye ukwiregura kwa Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wagombaga gutangira kuburana mu mizi.

Ni ingingo yatanzweho ibiterekezo bitandukanye ndetse Sankara n’umwunganira mu mategeko, Me Nkundabarashi Moïse bongera kugaragaza ko ari uburyo ’tactic’ bwo gukomeza gutinza urubanza nkana.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu nyungu z’ubutabera kuko abaregwa bahuriye muri dosiye imwe bikwiye ko ababuranyi bose baburana bunganiwe ariko busaba ko Me Rudakemwa wunganira Rusesabagina Paul yahanwa kuko yasibye mu rubanza nkana, ibyo bwise ‘gusuzugura urukiko’ kuko azi neza icyo amategeko ateganya.

Nyuma yo gusesengura ibyavuzwe n’ababuranyi muri iyi dosiye, urukiko rwanzuye ko urubanza rusubikwa, rukazasubukurwa ku wa Gatanu, tariki ya 12 Werurwe 2021, saa Mbili n’Igice.

Rusesabagina yayoboye Impuzamashyaka ya MRCD, ifite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye.

UKO IBURANISHA RYAGENZE:

10:09: Urukiko Rukuru, Urugereko Rwihariye Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambuka Imbibi rwatangaje ko urubanza rusubikwa mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’ababuranyi, ko bose baburana bunganiwe.

Ni icyemezo gishingiye ku ngingo ya 29 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ndetse n’izindi zigena uburenganzira bw’umuntu ku bijyanye no kunganirwa imbere y’urukiko.

Rwanzuye ko urubanza ruzakomeza ku wa 12 Werurwe 2021. Rwategetse ko abavoka batabonetse bagomba kuzaba bari mu rubanza saa Mbili n’Igice za mu gitondo.

  Amafoto ya Rusesabagina na bagenzi be mu rukiko

Paul Rusesabagina yageze mu rukiko atunganiwe, Nsabimana Callixte 'Sankara' avuga ko ari uburyo bushya bwo gushaka gutinza urubanza
Umushinjacyaha Mukuru wungirije Habyarimana Angelique aganira na Habarurema Jean Pierre. Bari kumwe na Dushimimana Claudine bari mu bagize itsinda ry'abashinjacyaha
Rusesabagina yageze mu rukiko atunganiwe. Yavuze ko we n'umunyamategeko we, Me Rudakemwa baganiriye ku cyemezo cyo kutagera mu rukiko kuko 'atari azi ko iburanisha rihita rikomeza'
Rusesabagina yashinjwe na Sankara wahoze ari Visi Perezida we wa Kabiri wa MRCD/FLN gushaka andi mayeri yo gutinza urubanza
Hakizimana Théogène yavuze ko umwunganizi wabo Mugabo Shariff Youssuf atageze mu rukiko

09:20: Inteko iburanisha yafashe akanya ko kwiherera ngo yanzure niba iburanisha rikomeza cyangwa rigasubikwa.

09:19: Nsabimana ‘Sankara’ yavuze ko “Ubushize turi hano mwibuke ukuntu Rusesabagina n’umwunganira bitwaye. Ni akantu gato nashakaga kugarukaho ‘kagaragaza la mauvaise foi’ bafite yo gutinza urubanza.’’

09:14: Me Nkundabarashi Moïse wunganira Sankara yavuze ko hakenewe kugena uko urubanza ruzagenda ku buryo ibibazo byo kurutinza bya hato na hato bizarangira burundu.

Nsabimana Callixte 'Sankara' n’umwunganira mu mategeko, Me Nkundabarashi Moïse bavuze ko urubanza rukeneye guhabwa icyerekezo aho gukomeza gutinzwa ku mpamvu za hato na hato

Ibyaha biregwa Nsabimana Callixte ’Sankara’

  • Kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo.
  • Iterabwoba ku nyungu za politiki.
  • Gukora no kugira uruhare mu rubanza rw’iterabwoba.
  • Gutanga amabwiriza mu gikorwa cy’iterabwoba.
  • Kuba mu mutwe w’iterabwoba.
  • Kugambana no gushishikariza abandi iterabwoba.
  • Ubufatanyacyaha ku cyaha cy’ubwicanyi.
  • Ubufatanyacyaha ku cyaha cyo gufataho umuntu ho ubugwate.
  • Gukwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangiza Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga.
  • Guhakana Jenoside, gupfobya Jenoside.
  • Ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro.
  • Ubufatanyacyaha ku cyaha cyo gutwika undi ku bushake, inyubako, ibinyabiziga bigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu.
  • Kugirana umubano na Leta y’amahanga hagamijwe gushoza intambara.
  • Guhabwa ku bw’uburiganya, gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano zitangwa n’inzego zabigenewe.
  • Ubufatanyacyaha ku cyaha gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.
  • Gutanga, kwakira, gushishikariza kwakira ibikomoka ku iterabwoba.

  Mba mbona harimo ‘tactic’ zo gutinza urubanza-Sankara

09:14: Sankara yavuze ko mu gihe umuntu afite umugambi uhishe wo gutinza urubanza kandi akabikora buri gihe, biba bikwiye gufatwaho icyemezo gifatika.

Ati "Mbona harimo ’La mauvaise foi’ yo gushaka gutinza urubanza.’’

09:08: Nsabimana “Sankara” yavuze ko “Sindwanya igitekerezo ko Rusesabagina aburana yunganiwe. Ko mwahaye agaciro ko yireguye muri RIB kandi adafite umwunganizi. Uyu munsi kuba atunganiwe kuki mutabiha agaciro?”

09:04: Me Rugeyo Jean wunganira bamwe mu bareganwa na Rusesabagina yavuze ko uburenganzira bwo kunganirwa butagomba guhungabanywa n’icyo aricyo cyose.

Yasabye ko urukiko rwita ku ishyirwaho ry’ingengabihe izagena uburyo urubanza ruzagenda ku buryo buri muburanyi azaba azi igihe azaburanira.

Ati “Dufite imbogamizi ko urubanza rukomeje gutya ntihabura undi muburanyi ugira impamvu nk’iz’uburwayi ku buryo rudakomeza. Dukeneye iyo road map ku buryo buri wese amenya igihe nyacyo cyo kwiregura.”

  UBUSHINJACYAHA BWASABYE KO URUBANZA RUSUBIKWA

08:58: Ubushinjacyaha bwasabye ko bitewe n’uburyo bwasabye ko dosiye ihuzwa kandi hakaba hari ibyaha bihuriweho, mu nyungu z’ubutabera byaba byiza ko urubanza rusubikwa.

Buti “Turasaba ko urubanza rutaburanishwa uyu munsi, aba bantu batunganiwe kuko ejo hateganyijwe iburanisha.’’

Ubushinjacyaha bwavuze ko amakosa yakozwe n’umwunganizi wa Rusesabagina ku buryo uregwa atabizira.

Buti “Urubanza rurimo abantu benshi ariko ibivugwa bifite aho bihurira. Ku bw’ubutabera buciye mu mucyo, kuba hari ababa batunganiwe kandi mu gihe bazagera igihe cyo kubivugaho, urukiko rwashyira mu gaciro hakareba niba hatategekwa Me Rudakemwa kwitabira iburanisha ry’ejo ndetse rukaba rwagira ibihano rumufatira.’’

Ubwo abacamanza bageraga mu myanya yabo. Aha Perezida w'Iburanisha, Muhima Antoine (uwa kabiri ibumoso) atanga uburenganzira ko abari mu rukiko bakwicara
Rusesabagina Paul yamburwa amapingu nyuma yo kugera rukiko
Nsabimana Callixte 'Sankara' akurwaho amapingu mbere yo gutangira kuburana. Ni ihame ko buri muburanyi agera imbere y'urukiko atari mu mapingu
Rusesabagina Paul w'imyaka 66 akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n'ibikorwa by'iterabwoba byakozwe n'Umutwe yashinze wa FLN
Mukandutiye Angelina yakatiwe igifungo cya burundu n'Inkiko Gacaca. Ni we mugore rukumbi uri muri iyi dosiye ihuriyemo abantu 21
Nsabimana Sankara ni umwe mu baregwa watangiye kwiregura ndetse biteganyijwe ko urubanza nirutangira kuburanishwa mu mizi ariwe uzatangirirwaho

  Rusesabagina yavuze ko urubanza rwakomeza

Paul Rusesabagina ati “Ubusanzwe nari mfite abunganizi babiri, kuba nta n’umwe uhari kandi urubanza rwanjye ruracyari rurerure, ngomba gusoma dosiye. Nababwiye ko uyu munsi twaje tutiteguye kuburana.’’

Perezida w’Inteko Iburanisha, Muhima Antoine, yamubajije niba mu gihe atagira icyo abazwa yakwemera ko urubanza rukomeza, Rusesabagina arabyemera.

Yavuze ko mu gihe ntacyo yabazwa ku bwiregure bwa Nsabimana Callixte ’Sankara’ nta kibazo urubanza rwakomeza.

Paul Rusesabagina ubwo yari imbere y'inteko iburanisha
Rusesabagina yabanje kuvuga ko atiteguye kuburana kuko mu bavoka be babiri nta n'umwe wageze mu rukiko

  Hari abandi batatu batunganiwe

Hakizimana Théogène yavuze ko umwunganizi wabo Mugabo Shariff Youssuf atageze mu rukiko kandi batazi impamvu.

08:47: Me Nkundabarashi Moïse wunganira Nsabimana Callixte ’Sankara’ yasabye urukiko gushishoza rukemera ko bakomeza kuburana kuko urubanza rwabo rwatangiye kuburanishwa mu mizi.

  Me Rudakemwa yasabiwe ibihano

08:45: Ubushinjacyaha bwavuze ko imyitwarire ya Me Rudakemwa ikwiye gutuma afatirwa ibihano kuko bidakwiye ko umunyamwuga nkawe atinza urubanza nkana kandi azi neza uko bigenda.

Rusesabagina Paul aregwa ibyaha icyenda

  • Kurema umutwe w’ingabo utemewe.
  • Kuba mu mutwe w’iterabwoba.
  • Gutera inkunga iterabwoba.
  • Ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba.
  • Itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba.
  • Kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba.
  • Gutwikira undi ku bushake, inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba.
  • Ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba.
  • Gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba.

08:39: Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba Rusesabagina atunganiwe uyu munsi bisa nk’ibyakozwe ku bushake kandi “twumva urubanza rwakomeza.’’

Bwavuze ko kuba Me Rudakemwa Félix wunganira Paul Rusesabagina atagaragaye mu rukiko ‘yarusuzuguye’ kuko abizi neza ko icyemezo cyafashwe kidahagarika ugukomeza k’urubanza kandi ni yo icyo cyemezo cyafatwa byagirwamo uruhare n’urukiko.

Ubushinjacyaha buvuga ko ari uburyo bakoze bwo gutinza iburanisha kandi bikozwe nkana.

  Rusesabagina yageze mu rukiko atunganiwe

Rusesabagina yageze mu rukiko atari kumwe n’umwunganizi we mu bijyanye n’amategeko.

Yagize ati “Murakoze nyakubahwa. Uyu munsi sinunganiwe. Ejo mwadusomeye urubanza rw’imbogamizi, mumaze kuyisobanura twarayiregeye. Tumaze kujurira twumvise iyo mbogamizi igiye ku ruhande.”

Mu maburanisha yabanje, Paul Rusesabagina yari yunganiwe na Me Gatera Gashabana na Me Rudakemwa Félix ariko Gashabana we yagiye i Arusha muri Tanzania aho afite urundi rubanza.

Abaregwa muri uru rubanza

1. Nsabimana Callixte alias Sankara

2. Nsengiyumva Herman

3. Rusesabagina Paul

4. Nizeyimana Marc

5. Bizimana Cassien, alias BIZIMANA Patience, alias Passy, alias Selemani

6. Matakamba Jean Berchmans

7. Shabani Emmanuel

8. Ntibiramira Innocent

9. Byukusenge Jean Claude

10. Nikuze Simeon

11. Ntabanganyimana Joseph alias Combe Barume Matata

12. Nsanzubukire Felicien alias Irakiza Fred

13. Munyaneza Anastase alias Job Kuramba

14. Iyamuremye Emmanuel alias Engambe Iyamusumba

15. Niyirora Marcel alias BAMA Nicholas

16. Nshimiyimana Emmanuel

17. Kwitonda André

18. Hakizimana Théogène

19. Ndagijimana Jean Chrétien

20. Mukandutiye Angelina

21. Nsabimana Jean Damascène alias Motard

Ababuranyi mu rubanza ruregwamo Rusesabagina ubwo bageraga ku Rukiko rw'Ikirenga
Uru rubanza ruregwamo abantu 21 bakoze ibyaha bifitanye isano n'iterabwoba
Nsanzubukire Félicien ugenda yicumbye inkoni ubwo yasohokaga mu modoka itwara imfungwa n'abagororwa
Rusesabagina Paul na Nsanzubukire Félicien (ugenda yicumbye inkoni) basohoka mu modoka yabagejeje ku rukiko
Paul Rusesabagina aregwa ibyaha icyenda bifitanye isano n'ibikorwa by'iterabwoba
Nsabimana Callixte 'Sankara' ufite dosiye mu ntoki yahoze ari Umuvugizi wa MRCD/FLN mbere y'uko atabwa muri yombi
Rusesabagina yatawe muri yombi biturutse ku iperereza ryari rimaze igihe rimukorwaho rishingiye ku bikorwa by'Umutwe wa FLN yashinze
Nsabimana Callixte 'Sankara' apimwa umuriro mbere yo kwinjira mu rukiko

Inkuru bifitanye isano: Urukiko rwatesheje agaciro inzitizi ya Rusesabagina wavuze ko ‘yashimuswe’, ahita ajurira

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages