Uyu muhanda wangirikiye mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Bushoki mu Kagari ka Mukoto, mu Mudugudu wa Muko ufunga imodoka zivuye mu byerekezo byombi.
Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yasabye abantu gukoresha indi mihanda ishobora kubahuza n’iyo ariko batanyuze aho hangiritse nka Kigali- Gicumbi- Base- Musanze cyangwa Muhanga-Ngororero-Mukamira."
Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru imashini zikura ibyo byondo n’amabuye mu muhanda yatangiye kubikuramo ariko n’ibindi byisukamo kuko imvura yari igikomeje kugwa.
Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyangiritse kuko imvura itatumye bibarurwa icyakora hamaze kumenyekana umuntu umwe w’umugore wapfuye agwiriwe n’inzu mu Kagari ka Nyirangarama muri Rulindo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!