Ibi byabaye ahagana Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba wo ku wa Kabiri tariki 6 Werurwe 2024.
Amakuru yizewe avuga ko uyu mubyeyi yaterewe inda mu Mujyi wa Kigali n’umuhungu uvuka mu Karere ka Ruhango, nyuma bafata icyemezo cyo kubana ndetse baza kujya kuba mu Ruhango kubana na nyina w’uwo musore.
Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukangenzi Alphonsine, yabwiye IGIHE ko uyu mugore yari atwite impanga ndetse inda yavuyemo ifite amezi atandatu.
Ati “Ni umusore n’umukobwa bahuriye mu Mujyi wa Kigali amutera inda afata umwanzuro wo kumuzana kwa mama we ku buryo bahageze mu mpera z’umwaka ushize.”
“Yari atwite impanga ndetse iyo nda yari ifite amezi atandatu, umugore yararwaye umugabo we na nyirabukwe bajya mu kazi kuko bari abahinzi bamusiga mu nzu baza gusanga ameze nabi umwana umwe amaze kumubyara ariko apfuye bahita babimenyesha umujyanama w’ubuzima ahageze asanga n’uwa kabiri yamaze gusohoka yapfuye n’umubyeyi yapfuye.”
Yaboneyeho gusaba ababyeyi batwite kujya bihutira kujya kwa muganga igihe cyose bumva batameze neza n’iyo baba badafite mituweli kuko buri Munyarwanda wese afite uburenganzira bwo kuvurwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!