Ibi yabigarutseho ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe urubyiruko, mu birori byabereye mu Karere ka Ruhango kuri uyu wa 12 Kanama 2022.
Minisitiri Mbabazi yasabye urubyiruko guharanira ibyabateza imbere bakoresheje amaboko anenga abishora mu businzi bigatuma bangiza ejo habo heza.
Yakomeje avuga ko abafite utubari badakwiye kureka abakiri bato ngo bahabwe ibisindisha kuko ntaho igihugu cyaba kigana. Yibukije ko buri muntu wese winjiye mu kabari akwiye kwerekana indangamuntu ndetse n’abategura ibirori mu ngo n’ahandi banywera inzoga bakwiye kurinda abana.
Yagarutse ku bakobwa badukanye ibyo kwambara mu buryo ‘bushotora’ ababareba. Ati"Hari abakobwa basigaye barihangishijeho kwambara imyenda itabahesha icyubahiro ndetse ikaba yanashotora ababareba noneho ugasanga aragenda amanura nk’aho yayambaye atazi ko ari migufi. Mukwiye kwambara neza mukikwiza bakobwa, naho abahungu bo ubona ibyo kumanura amapantaro bigenda bicika.”
Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko ku rwego rw’Igihugu, Iradukunda Alodie yavuze ko urubyiruko rufite amaboko yo kubaka Igihugu mu gihe akoreshejwe neza ariko asaba ko bakomeza kugaragaza imyitwarire myiza.
Niyigena Didacienne na Rugwiro Etienne babwiye IGIHE ko urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge, ubusinzi n’abakobwa biyambika ubusa baba barananiranye n’iwabo mu ngo ababyeyi batabavuga.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Rusiribana Jean Marie Vianney, yavuze ko urubyiruko rushimirwa ibikorwa rukora harimo no gukeburana ku bibazo bishobora kurugwirira, abibutsa ko kwishora mu birusubiza inyuma byanabangiriza ejo habo heza.
Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko watangiye kwizihizwa mu 1999. Muri uyu mwaka insanganyamatsiko igira iti "Ubufatanye bw’Abakuru n’Abato mu kubaka u Rwanda twifuza."
Amafoto: Djasiri Shumbusho



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!