00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu cyobo

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 8 July 2026 saa 07:23
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bukomeje iperereza ku mugabo utaramenyekana imyirondoro ye n’aho akomoka, wasanzwe mu cyobo cya metero imwe yapfuye.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu masaha y’igitondo cyo ku wa Kabiri, atanzwe na nyir’urugo rwariho icyo cyobo yaguyemo, mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Murara ho mu Mudugudu wa Gahinga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Rwibasira Jean Bosco yabwiye IGIHE ko iperereza ku cyateye uru rupfu rikomeje no kugira ngo imyirondoro y’uyu mugabo imenyekane.

Ati “Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, yasanzwe mu cyobo cya metero imwe yapfuye, ariko kubera tutahamya ko yaba yaguyemo abitewe ni ubusinzi cyangwa akaba ari abagizi ba nabi bamwishe bakamujugunyamo cyangwa kwiyahura kuko byabaye mu ijoro, niyo mpamvu inzego z’umutekano zahageze ndetse zatangiye iperereza ku cyateye uru rupfu.”

Gitifu Rwibasira yanaboneyeho gusaba abaturage kwitwararika bakajya bataha hakiri kare, ndetse ntibibagirwe gutangira amakuru ku gihe, kugira ngo nimba ibyabaye hari aho bihuriye n’icyaha bibe byakumiriwe.

Umurambo wa nyakwigendera ugiye kujyanwa ku bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma, mu gukomeza gushaka abafitanye isano nawe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages