Ibi byabaye mu rukerera, mu masaha ashyira saa Cyenda, mu Murenge wa Nyamyumba, ku cyicaro cy’Inganji SACCO Rubavu, Ishami rya Nyamyumba.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yahamirije IGIHE aya makuru avuga ko uyu musore yarashwe n’ushinzwe kurinda Umurenge SACCO.
Ati “Ni byo koko ushinzwe kurinda umutekano ku nzu ikoreramo Sacco yarashe umusore utaramenyekana imyirondoro wuriraga igipangu cyayo. Inzego zibishinzwe ziracyakora iperereza kugira ngo hamenyekane imitere y’iki kibazo, amakuru arambuye azagaragazwa n’ibizava mu iperereza.”
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!