00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Rotary Club yagobotse imiryango 60 yasizwe iheruheru n’ibiza

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 13 October 2023 saa 02:03
Yasuwe :

Rotary Club International yagobotse imiryango 60 yo mu Karere ka Rubavu yahuye n’ibiza byatewe n’imvura yaguye muri Gicurasi 2023 igahitana abarenga 130 ndetse ikangiza byinshi birimo n’ibikorwaremezo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru.

Inkunga bahawe igizwe n’ibiribwa, ibiryamirwa n’ibyo kwiyorosa, amatungo magufi (ihene n’intama), imashini zo kuyungurura amazi byose hamwe byatwaye miliyoni 18 Frw.

Abahawe inkunga bashimye umutima mwiza w’abagize Rotary Club bateguye gahunda yo kubagoboka kuko bigiye kubafasha kubaho neza muri iyi minsi.

Habimana Gilbert yavuze ko ibiza byajyanye inzu ye n’ibyari biyirimo byose ndetse ko ubufasha bahawe bwari bwarashize.

Ati "Ibiza byadusize mu kaga ku buryo twahombye ibyo twari dufite byose; Leta yaradufashije ariko ntabwo byarambye. Turashima kuba tubonye ubundi bufasha bw’abagiraneza, biradufasha gusunika iminsi."

Akimanizanye Espérance yashimye inkunga bahawe avuga ko izabafasha kwiyubaka kuko barimo gutangira ubuzima bushya nyuma y’uko ibyabo byose byajyanywe n’ibiza.

Ati “Baduhaye ibiryamirwa, ibyo kurya n’ibikoresho by’isuku. Noneho batwongereyeho n’amatungo; biradufasha gusunika iminsi natwe dukomeze kugenda twiyubaka kuko Sebeya yatujyaniye byose, ni ugutangirira kuri zero."

Perezida wa Rotary Club Kivu Lake, Ndorimana Emanuel, yavuze ko ari igikorwa cy’urukundo muri rusange aho bifuza ko byazakomeza n’abafashijwe uyu munsi bakazanabona uburyo bafasha abandi.

Ati "Ibi bizana icyizere kuri benshi bituma abafite umutima w’urukundo barushaho kwiyongera bikagera no ku bandi kuko Sebeya yangirije imiryango myinshi kandi ikeneye ubufasha."

Guverineri wungirije w’Intara ya 9150 muri Rotary Club, Suman Alla, yabwiye abahawe inkunga ko batekereje kubafasha ku buryo burambye, abizeza ko bizakomeza.

Ati “Twaje kubafasha nyuma y’uko muhuye n’ibiza kandi mukaba mubabaye nubwo twatinze kuza ariko ntabwo twaheze, byatewe n’uko hari ibyabanje mu gutegura iki gikorwa. Uretse ibiribwa twatekereje kubafasha ku buryo burambye harimo aya matungo azabafashe kwiteza imbere kandi bizakomeza’’.

Umunyamabanga Nshingwakorwa w’Umurenge wa Nyundo, Monique Nyiransengiyumva, yashimye aba bafatanyabikorwa ku byo bakoze, bagoboka abaturage bahuye n’ibiza.

Gutanga iyi nkunga byagizwemo uruhare na Rotary Club Doyen, Rotary Club Kigali Virunga, Rotary Club Kigali Mt Jali, Rotary Club Kigali Kalisimbi, Rotary Club Kigali Seniors, Rotary Club Kigali Gasabo, Rotary Club Nyamagabe, Rotary Club Musanze Murera na Rotary Club Butare.

Abaturage bahuye n’ibiza bagera kuri 300 bagize imiryango 60 aho bahawe ubufasha bwa miliyoni zirenga 18 Frw.

Imiryango 60 ni yo yagobotswe na Rotary Club mu rwego rwo kuyifasha gukomeza ubuzima nyuma yo gusenyerwa n'ibiza
Guverineri Wungirije wa Rotary Club Intara ya 9150, Suman Alla, yabwiye abahuye n'ibiza ko batekereje kubafasha ku buryo burambye abizeza ko bizakomeza
Perezida wa Rotary Club Kivu Lake, Ndorimana Emmanuel, yavuze ko urukundo ari rwo rwabateye gukora iki gikorwa
Aba baturage bahawe n'amatungo magufi
Mu bikoresho bashyikirijwe harimo n'ibiryamirwa
Bahawe ibikoresho byo kubafasha mu buzima bushya batangiye nyuma yo kwibasirwa n'ibiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .