00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Inzu zangijwe n’ibisasu byarashwe n’ingabo za Leta ya Congo zatangiye gusanwa

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 23 February 2025 saa 07:35
Yasuwe :

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), yatangije ibikorwa byo gusana inzu 293 n’amashuri arindwi byangijwe n’amasasu yarashwe mu Rwanda n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo umutwe wa M23 wafataga Goma.

Ibi bisasu byarashwe mu Rwanda ku wa 27 Mutarama 2025 byahitanye abagera kuri 16, bikomeretsa abandi 161 ndetse byangiza n’inzu zigera kuri 293.

Muri izo nzu 293 zangiritse harimo izo mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi, zigizwe n’izigera kuri 10 zasenyutse burundu, 245 zangijwe isakaro, 38 zangirika cyane ibisenge, inzugi n’amabati.

Ku wa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2025, Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi yatangije imirimo yo gusana inzu n’amashuri byangijwe n’ibyo bisasu.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, Philippe Habinshuti yavuze ko inyubako z’amashuri zizasanwa zizatwara miliyoni 35 Frw, inzu z’abaturage zitware miliyoni 400 Frw, naho ibikorwaremezo bindi birimo amazi n’umuriro bitware asigaye. Byose hamwe bizatwara ingengo y’imari isaga miliyoni 527 Frw.

Ati "Leta yateganyije miliyoni zigera kuri 527 Frw, harimo izigera kuri 35 Frw zo gusana amashuri na miliyoni 400 Frw zo gusana inzu z’abaturage. Andi asigaye azakoreshwa mu gutunganya amazi n’amashanyarazi nabyo byangijwe. Turifuza ko ubuzima buzasubira kuba bwiza nka mbere ndetse bukarushaho."

Abaturage bari gusanirwa inzu bashimiye Leta y’u Rwanda ukuntu yabitayeho ikabahungisha n’ubundi bufasha yabahaye none ubu ikaba uri no kubasanira kandi nta ruhare yagize mu kubangiriza inzu.

Dusabimana Donatha, ni umwe muri bo, yagize ati "Igisasu cyaraje cyinjira mu gisenge kimena imbere mu nzu. Turashimira cyane leta kuko kuva icyo gihe batwitayeho baradukodeshereza, baduha n’ubufasha none bagiye no kunsanira ngaruka mu nzu yanjye."

Umuyobozi w’Ishuri ry’Umubano naryo ryangijwe n’ibyo bisasu, Ngizwenimana Thomas, we avuga ko mu gihe ibyo bisasu byagwaga ku ishuri byangijwe byinshi ariko kuba bagiye kubasanira biratuma abanyeshuri bongera kwiga neza.

Ati "Hano haguye ibisasu bitanu byangiza amabati, intebe zirangirika ariko kuba bagiye kubasanira biratuma abana bongera bige neza ahantu heza nta ngorane nk’izo twari tumaranye iminsi."

Biteganyijwe ko imirimo yo gusana izo nzu izamara amezi atatu igatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 527.

Rimwe mu mashuri yangijwe n'ibisasu naryo ryatangiwe gusanwa
Byasabye ko zimwe mu nzu zangiritse, zubakwa bundi bushya
Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, Philippe Habinshuti, avuga ko imirimo yo gusana izamara amezi atatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .