00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abayisilamu bashimiwe imbaraga bashyize mu kuvugurura umujyi

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 28 May 2026 saa 08:40
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashimiye abayoboke b’Idini ya Islam bari kugira uruhare mu kuvugurura umujyi wa Gisenyi, no gukomeza gushyigikira icyerekezo cy’Igihugu.

Meya wa Rubavu, Mulindwa Prosper yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’Abayisilamu mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Igitambo uzwi nka Eid Al-Adha, ku wa 27 Gicurasi 2026.

Ati “Turabashimira gukomeza kuvugurura ibice by’umujyi wacu birimo inzu zishaje, bafitemo inyubako nyinshi zirimo n’iz’ubucuruzi, twagiraga ngo bumve ko kubaka bajya mu kirere ari ukurushaho gukoresha ubutaka neza no kurushaho kubahiriza igishushanyo mbonera cy’imiturire.”

Imam w’Umuryango w’Abayisilamu mu Ntara y’Iburengerazuba, Sheikh Iyakaremye Ahmad yabwiye IGIHE ko 30% y’inzu zigeretse ziri kuzamurwa mu mujyi wa Gisenyi ari iz’abayoboke b’idini ya Islam.

Ati “Tunezezwa no kuba 30% by’inyubako nziza ziri kuzamurwa mu gusukura umujyi ari iz’Abayisilamu bo muri Rubavu, uyu munsi ntiwari usanzwe kandi iyo tubonye ubuyobozi buza kudushimira bitwereka ko Leta iri kumwe natwe, dufite ubushobozi kandi twiteguye gukomeza gukora ibyakomeza guteza imbere Igihugu.”

Yanaboneyeho kandi gusaba abitabiriye iri sengesho gukomeza kunga Ubumwe bw’Abanyarwanda no kubusigasira.

Abayisilamu b'ingeri zose bari bateraniye muri Stade umuganda bizihiza Eid Al-Adha
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko Abayisilamu bari kugira uruhare mu kunoza imyubakire mu mujyi wa Rubavu
Imam w’Umuryango w’Abayisilamu mu Ntara y’Iburengerazuba, Sheikh Iyakaremye Ahmad yavuze ko 30% y'inyubako za etage ziri kubakwa ari iz'Abayisilamu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages