00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abaturage bihitira baguye ku musore wishwe

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 26 October 2017 saa 01:23
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba babonye ku muhanda umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Nyamyumba, Nzamwita Phocas, yabwiye IGIHE batabashije kumenya umwirondoro w’uwo musore abaturage babonye yishwe.

Yagize ati ”Muri iki gitondo mu Kagari ka Pfunda, Umudugudu wa Kinigi, hafi n’umuhanda ujya i Karongi abaturage bihitiraga nibwo babonye umuranbo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 25 batazi, natwe ntabwo tuzi uko wahageze turacyategereje Polisi ko ihagera igakora akazi kayo. Biragaragara ko ari abamwishe bakaza kumuhajugunya kuko aho bamusanze nta cyerekana ko bahiciye umuntu.’’

Inzego z’ibanze zo muri Nyamyumba zatangaje ko uyu murambo w’uyu musore nta bikomere wasanganywe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages