00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RRA yasobanuye impamvu y’ifungwa rya TIN zirenga ibihumbi 40

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 9 February 2025 saa 06:23
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyagaragaje ko mu mwaka ushize w’ingengo y’imari hafunzwe konti z’imisoro zirenga ibihumbi 40 na nimero ziranga usora zazo (TIN), kubera ubucuruzi bwandikishijwe ntibukore n’ubwahagaritswe bitewe n’impamvu zitandukanye.

Gufunga izo konti z’umusoro zirenga ibihumbi 40 zijyanye na nimero ziranga usora (TIN) zazo byatumye ubucuruzi buto busora bugabanyukaho hafi ibihumbi 100.

Komiseri Wungirije ushinzwe Abasora n’Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin, yabwiye RBA ko igabanyuka ry’iyo mibare ryose rishingiye ku mavugurura mu bijyanye n’ikoranabuhanga yakozwe atuma hamenyekana ibigo by’ubucuruzi n’abasora byari byanditswe ariko mu by’ukuri bidakora.

Yagize ati “RRA yagiye mu ikoranabuhanga bituma tubona amakuru tutari kumenya mbere dufata ibyemezo. Hari nk’urubyiruko rurangiza Kaminza rushaka kuba ba rwimemezamirimo rugahita rutangiza ibigo tukaruha TIN. Twanasanze bamwe baragiye bibonera akandi kazi ya TIN igasigara nta nyemezabwishyu n’imwe itangiweho, nyirayo nta bicuruzwa yatumije mu mahanga, ataracuruje cyangwa ngo arangure mu gihugu nta n’ikindi yigeze akora.”

Yavuze ko uburyo bw’ikorabunabuhanga RRA ikoresha bwabacaga amande nk’abadasora ariko hakozwe ubugenzuzi babona ko batigeze bakora bahitamo gufunga izo TIN.

Hari kandi n’abandi bafungiwe TIN, abandi zirasinzirizwa bitewe n’uko zakoraga ariko zikagera aho zigahagarara.

Uwitonze “Hari izindi TIN zakoraga zikishyurirwaho imisoro ariko bigeze hagati birahagarara. Nyuma twabonaga nta kintu na kimwe kigaragaza ko ba nyirazo bari gukora. Bamwe bagiye banaza bakatubwira ko baje kubona akazi bagahagarika kwikorera. Ese uwo muntu twakomeza kumubara nk’umuntu tugomba guca umusoro. TIN zabo twarazifunze izindi turazisinziriza.”

Yongeyeho ko ibyo byakozwe mu rwego rwo kubara umusoro ku bantu bakwiye kuwubarwaho, kandi ko ntaho bihuriye no kugabanuka kw’abasora.

Ibyo kandi byafashije n’abari barahawe izo TIN kuruhuka umutwaro wo gufatirwa ibihano kandi mu by’ukuri icyo bari barazifungurije batagikora.

Konti z’imisoro RRA yafunze mu mwaka ushize w’ingengo y’imari zirenga ibihumbi 40 mu gihe izindi zisaga ibihumbi 130 zasinzirijwe.

Ibyo byatumye ubucuruzi buto busora mu mwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2023/24 bugabanuka bugera ku 382.318 buvuye ku 465.378 naho ubucuruzi buciriritse busora buva kuri 842 bugera kuri 786.

Konti z'umusoro zirenga ibihumbi 40 zafunzwe kubera ubucuruzi bwandikishijwe ntibukore cyangwa ubwahagaritswe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .