00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rotary Club n’urubyiruko rw’abagiraneza bari gukusanya miliyoni 57 Frw yo kwita ku barwayi ba kanseri

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 June 2025 saa 09:18
Yasuwe :

Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta ukora ibikorwa by’ubugiraneza birimo gufasha abatishoboye kwiteza imbere, Rotary International, wifatanyije n’urubyiruko gushakira hamwe inkunga yo gufasha abarwayi ba kanseri kubona imodoka ya miliyoni 57 Frw ibageza aho bivuriza.

Iki gikorwa cyiswe ‘Festival of Sports Rotary Edition’ cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Kamena 2025, cyitabirwa n’abarimo Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zanna, n’abandi.

Igitekerezo cy’iki gikorwa cyatangijwe na Dunia Heis ubarizwa muri Rotary Club Kigali Virunga, ariko ashyigikirwa n’urubyiruko rutandukanye rufite umutima wo gufasha abarwayi ba kanseri.

Hari gukusanywa miliyoni 57 Frw yo kugura imodoka izajya ivana abarwayi aho bacumbikirwa mu Murenge wa Kinyinya, bakagezwa ku Bitaro bya Kanombe, aho bafashirizwa n’abaganga, ikanabatahana.

Ni Imodoka izaba ikoresha amashanyarazi, mu rwego rwo kurushaho kugabanya amafaranga agenda mu ngendo z’aba barwayi, ahubwo ajye mu bindi nk’uko byagarutsweho na Perezida ucyuye igihe wa Rotary Club Kigali Virunga, Duniah Jacqueline.

Ati “Twahisemo kugura imodoka ngo abarwayi babone uko bagera ku bitaro, noneho amafaranga twashyiraga mu kubategera, adufashe kongera umubare w’abo dufasha uyu munsi kuko abakeneye ubufasha ni benshi cyane.”

“Ntabwo tuzagarukira ku modoka gusa kuko uyu munsi hari abarwayi barenga 100 bakeneye ko tubacumbikira ariko aho dufite hakira abari hagati ya 27 na 30. Inyubako na yo ikeneye kwagurwa.”

Umwe mu rubyiruko rwagize uruhare mu gutegura ‘Festival of Sports Rotary Edition’, yavuze ko ari igikorwa kizahoraho mu rwego rwo gushaka inkunga yo gufasha abababaye.

Ati “Uyu munsi twakoze iki gikorwa kirimo na siporo, ariko nanone turifuza ko tuzajya tugikora kenshi kugira ngo tuzamure umubare w’ubushobozi twafashisha abababaye cyane cyane abarwaye kanseri badafite amikoro.”

Imibare y’Ikigo gikusanya imibare kuri kanseri ku Isi, Globocan igaragaza ko mu Rwanda abantu 7000 basangwamo kanseri buri mwaka, igahitana abarenga 50%.

Urubyiruko rwashimishije benshi mu bikorwa byateguwe byo gushaka imodoka izajya igeza abarwayi ba kanseri aho bivuriza
Urubyiruko rwasusurukije abari muri iki gikorwa binyuze mu mbyino gakondo
Bamwe mu bakina Cricket bari bitabiriye
Umwe mu bari bahagarariye Rotary Club Kigali Virunga, Masterjerb Birungi Paul, yashimye umuhate w'urubyiruko mu gutegura ibikorwa byo gufasha
Urubyiruko rwateguye iki gikorwa rubifashijwemo na Rotary Club Kigali Virunga
Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yagaragaje ko yishimiye iki gikorwa
Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zanna, yitabira kenshi ibikorwa bya Rotary Club
Iki gikorwa cyabereye kuri International School of Kigali
Ababikira bita ku barwayi ba kanseri
Habayeho umwanya wo gutombora ibihembo bitandukanye
Umulisa Joselyne ari gutanga ubuhamya bwe
Umwe mu bafashijwe n'ababikira kwivuza kanseri
Fitnesspoint yitabiriye igaragaza ibikorwa byayo
Umulisa Joselyne yatanze ubuhamya bwe agaragaza ko kurokoka kwe kwamuhishuriye ko agomba kubera abandi uw'umumaro
Umulisa Joselyne yakiriwe muri Rotary Club Kigali Virunga
Onyekachi Ugwu ni umwe mu rubyiruko rwagize uruhare runini mu itegurwa ry'iki gikorwa
Rotary Club Kigali Virunga ifasha ababikira kwita ku barwayi ba kanseri
Ababishoboye bacinyaga akadiho
Uwatye inkunga iki gikorwa yagize uruhare mu gufasha abarwayi ba kanseri
Abaterankunga aboneyeho kwamamaza ibikorwa byabo
Umukino wa Pickle Ball washyizwe mu izifashishwa muri iki gikorwa
Hari hateguwe uburyo abana bishimana n'ababyeyi
Amakipe y'umupira w'amaguru yari yiteguye guhangana
Umukino wa Fencing urushaho gukundwa n'uruyiruko
Uwihoreye Tufaha yafashije ababyifuza kwiga gukina Fencing
Bamwe bahisemo gukina umukino wa Tennis
Ababikira basanzwe bita ku barwayo ba kanseri bari batumiwe muri uyu muhango
Uwihoreye Tufaha usanzwe yigisha Fencing yarimo afasha urubyiruko
Umukino wa Fencing na wo wari wateguwe
Urubyiruko rwigishijwe gukina umukino wa Cricket
Umukino wa Cricket na wo wari wateguwe ku bawifuza
Hari abahisemo gukina umupira w'amaguru
Bamwe mu rubyiruko bidagadura binyuze mu mukino wa Basketball
Wari umunsi w'ibyishimo kuri benshi bawitabiriye
Umukino wa Basketball ni umwe mu yakiniwe muri iki gikorwa
Abaterankunga batandukanye bagize uruharee mu ishyirwa mu bikorwa rya Festival of Sports Rotary Edition
Ni igikorwa urubyiruko rwatanze imbaraga zose ngo kibeho
Umwe mu bari abayobozi ba gahunda za 'Festival of Sports Rotary Edition'
Urubyiruko rwateguye iki gikorwa rwiganjemo abanyeshuri
Urubyiruko rwagaragaje ko rufite umutima wo gufasha
Abanyamuryango ba zimwe muri Rotary Club ziri mu Mujyi wa Kigali bifatanyije n'abandi mu gukusanya amafaranga yo kugura imodoka igenewe abarwayi
Rotary Club yifatanyije n'urubyiruko gutgura iki gikorwa

Amafoto: Isaac Munyemana


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .