00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RGB yunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside ikura mu kizima abayirokotse b’i Ngoma

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 30 June 2017 saa 08:59
Yasuwe :

Abakozi n’abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, bibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, banaha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba imiryango 50 y’abayirokotse batishoboye bo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma.

Iki gikorwa cyabaye kuwa 30 Kamena 2017, kigamije kwiga amateka ya Jenoside, guha icyubahiro Abatutsi bishwe no guharanira ko itazongera ukundi, cyabereye mu Murenge wa Rukumberi , ufite amateka yihariye.

Mu bice basuye, harimo umugezi w’Akagera, ikiyaga cya Mugesera byaroshywemo Abatutsi batagira ingano n’urwibutso rwa Rukumberi rushyinguyemo imibiri irenga ibihumbi 38.

Basobanuriwe ayo mateka, banashyira indabo ku bice bitandukanye by’aho Abatutsi biciwe urw’agashinyaguro.

Rwakayigamba Stanislas, umwe mu baturage bahawe amashanyarazi yavuze ko umutima we wuzuye ibyishimo nyuma y’igihe kinini afite agahinda yatewe no kubura abe muri Jenoside, aho yagize ati “Ubu ndishimye. Ni ukuri byambabazaga kubona abo duturanye bacanye njye ndi mu kizima.”

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase yavuze ko gusura Rukumberi muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari mu rwego rwo kwiga amateka, ko ayaho ari umwihariko ndetse ukaba n’umwanya wo guha icyubahiro abayizize no gufata mu mugongo abasigaye.

Yavuze ko guha amashanyarazi abacitse ku icumu batishoboye ari ugukomeza gucana urumuri rwakongejwe n’inkotanyi igihe zabohoraga igihugu zikarokora Abatutsi bicwaga.

Yagize ati “Twaje hano i Rukumberi, tuzi neza ko amateka y’ibyahabaye atari yoroshye. Twari tuzi ko Inkotanyi hari urumuri zahacanye, twari twifuje ko urwo rumuri rukomeza kwaka, niyo mpamvu twahaye abanya-Rukumberi amashanyarazi akomoka ku zuba.”

Umukozi w’Akarere ka Ngoma ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho, Sibomana Jean Bosco, yashimiye RGB ku bw’igikorwa cyo gucanira abarokotse, avuga ko iyo mbere haza kubaho imiyoborere myiza nta Jenoside yari kuba.

Umurenge wa Rukumberi ufite amateka yihariye kuri Jenoside yakorewe abatutsi, aho kuva 1959 hiciwe abatutsi barimo abagiye bavanwa muri Gikongoro, Butare n’ahandi bashaka ko bazicwa n’inzara abandi bakaribwa na tsé-tsé zabaga mu mashyamba yaho.

Abakozi n'abayobozi ba RGB basobanurirwa amateka y'agace kitwa gare mu Kiyaga cya Mugesera kiciwemo Abatutsi
Abayobozi n'abakozi bashyira indabo ku mugezi w'Akagera nk'ikimenyetso cyo guha agaciro abatutsi bajugunywemo
Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase ashyira indabo ku rwibutso rwa Rukumberi
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, Usta Kaitesi ashyira indabo ku rwibutso
Umuyobozi Mukuru wa RGB, acana amatara bahaye abarokotse jenoside
Rwakayigamba Stanislas, umwe mu baturage bahawe amashanyarazi
Umukozi w'Akarere ka Ngoma, ushinzwe itangazamakuru n'itumanaho, Sibomana Jean Bosco

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages