REG yatangaje ko kubera imirimo yo gusana Sitasiyo ya Gisagara, hateganyijwe ibura ry’amashanyarazi ku wa Gatatu tariki ya 20 Kanama 2025 kuva Saa yine za mu gitondo kugera Saa Munani z’amanywa, bisobanuye ko ari amasaha ane.
Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo, REG yakomeje igaragaza ko amashanyarazi azabura mu Karere ka Gisagara n’ibindi bice byo mu turere tune two mu Ntara y’Amajyepfo.
Yakomeje iti “Amashanyarazi azabura mu Karere ka Gisagara, ibice by’Uturere twa Nyanza, Huye, Ruhango na Nyaruguru.”
Yakomeje isaba ko abantu bazitondera insinga z’amashanyarazi kuko umuriro ushobora kugaruka mbere y’isaha yateganyijwe.
REG kandi yiseguye ku bafatabuguzi bayo kubera ibura ry’umuriro rizaba mu gihe iyo mirimo yo gusana sitasiyo izaba ari gukorwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!