Radiyo Okapi ivuga ko iyo mpanuka yabereye ahitwa Buyofwe mu Ntara ya Lualaba mu Majyepfo ya Congo.
Yabaye iyo gari ya moshi imaze kugonga muri ka ruhurura kandi itwaye ibintu byaka ku buryo bworoshye. VOA ivuga ko Guverineri w’iyo ntara, Richarda Muyej Mangez, yavuze ko gari ya moshi yagendaga urugendo rw’ibilometero 2000.
Yavuze ko abakomeretse boherejwe ku bitaro bya Lubudi mu bilometero 30 uvuye aho impanuka yabereye.
Umuganga mukuru w’ibyo bitaro yahishuye ko bamwe mu bakomeretse bamenetse imbavu.



















TANGA IGITEKEREZO