Nyusi, nk’uko Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda ibisobanura, yari kumwe na Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Gen Maj Cristovão Chume.
Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Gen Maj Vincent Nyakarundi, uri mu ruzinduko muri aka gace, ni we wakiriye Perezida Nyusi. Yari kumwe n’abandi bosifiye barimo Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique, Gen Maj Alex Kagame na CP Yahaya Kamunuga uyoboye Abapolisi b’u Rwanda bari muri Mozambique.
Perezida Nyusi yashimiye Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique uburyo zikomeje kurinda umutekano w’akarere ka Ancuabe, azisaba gukomeza gukorana umurava mu bikorwa byo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.
Maj Gen Nyakarundi uri mu ruzinduko rw’akazi muri Cabo Delgado, yasobanuriye Ingabo z’u Rwanda uko umutekano uhagaze mu gihugu, azisaba gukomeza kwibanda ku butumwa zagiyemo muri iyi ntara.
Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Cabo Delgado mu 2021 kugira ngo zifashe iza Mozambique kurwanya ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa Ansar al Sunnah wari umaze imyaka igera kuri ine uhungabanya umutekano w’iyi ntara.
Uyu mutwe wari warigaruriye uturere turimo Mocimboa da Praia, usenya ibikorwaremezo byaho, unahagarika ibikorwa by’Ikigo TotalEnergies gitunganya peteroli na gazi. Ingabo z’u Rwanda zashoboye kwirukanamo abarwanyi bawo, bahungira mu mashyamba.
Amafoto: Rwanda MoD



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!