Uyu musangiro wabaye nyuma yo gufungura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’.
Ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi bimaze gukorwa na Perezida Macron kuva yajya ku buyobozi bw’u Bufaransa mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi. Mu 2021, yari mu Rwanda yifatanya n’Abanyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, anaboneraho gusaba imbabazi ku ruhare rw’igihugu cye mu bikorwa byagejeje ku kwicwa kw’Abatutsi.
Uyu musangiro wari witabiriwe n’abantu batandukanye barimo Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo; Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa. Harimo kandi Yonathan Arfi, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayahudi baba mu Bufaransa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!