00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yihanganishije Erdoğan ku mutingito umaze guhitana abasaga 2600

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 09:58
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yihanganishije mugenzi we wa Turikiya, Recep Tayyip Erdoğan n’abaturage b’iki gihugu ndetse n’aba Syria nyuma y’umutingito wabyibasiriye ugahitana abasaga 2600.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Gashyantare 2023, ni bwo umutingito ukomeye wibasiriye Uburasirazuba bw’Amajyepfo ya Turikiya na Syria.

Kugeza ubu imibare y’abamenyekanye bamaze kwitaba Imana irarenga 2600 ndetse iri kugenda yiyongera umunota ku wundi.

BBC yanditse ko kugeza ubu umubare w’abaguye muri iri sanganya ugeze ku 1,650 muri Turikiya mu gihe abakomeretse basaga 11.000. Muri Syria abagera ku 1000 ni bo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana.

Abayobozi n’ibihugu bitandukanye byihutiye gutanga umusanzu wo gufasha ibi bihugu kubona ubutabazi bw’ibanze ndetse babageneye ubutumwa buhumuriza abagizweho ingaruka n’uyu mutingito.

Perezida Kagame yifatanyije n’abagizweho ingaruka n’uyu mutingito wibasiriye Turikiya na Syria.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Nihanganishije Perezida Erdogan, abaturage ba Turikiya n’abo muri Syria nyuma yo kuburira ababo n’iyangirika ry’ibyabo mu mutingito. Abanyarwanda twifatanyije namwe muri ibi bihe by’agahinda.’’

Perezida wa Turikiya, Erdogan, yahise atangaza icyunamo cy’iminsi irindwi mu guha agaciro abahitanywe n’umutingito.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Erdogan, yagize ati “Nemeje ishyirwaho ry’icyunamo cy’iminsi irindwi mu gihugu cyose. Ibendera ryacu mu gihugu no hanze yacyo aho duhagarariwe rizururutswa kugeza izuba rirenze ku Cyumweru, tariki ya 12 Gashyantare 2023.’’

Umutingito ukimara kuba, Turikiya yasabye ubufasha ndetse Perezida Erdogan yatangaje ko ibihugu 45 byahise bitanga umusanzu wabyo byihuse.

Minisitiri w’Umutekano muri Turikiya, Suleymon Soylu, yavuze ko imijyi 10 ari yo yibasiwe cyane n’uyu mutingito; irimo Hatay, Osmaniye, Adiyaman, Malatya, Sanliurfa, Adana, Diyarbakir na Kilis.

Ibigo by’amashuri bibarizwa muri iyi mijyi na byo byafunzwe mu gihe cy’icyumweru.

Umutingito wibasiriye ibi bihugu wabaye ahagana saa Kumi n’iminota 17 ku isaha yo muri icyo gihugu ukaba wari ufite igipimo cya 7,8.

Umutingito wa mbere wa wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere ubwo abantu bari bagisinziriye. Uwa kabiri wabaye ahagana saa Saba n’igice ku isaha yo muri Turikiya.

Abaturage babarirwa muri za miliyoni bo muri Turikiya, Liban, Syria, Chypres na Israel bumvise uyu mutingito.

Nyuma y’uyu mutingito, kugeza na n’ubu ibikorwa by’ubutabazi biracyakomeje mu bice bitandukanye byibasiriwe, aho inyubako zasenyutse, zikangiza byinshi ndetse n’abatari bake bakaburirwa irengero.

Umunye-Ghana wakiniye amakipe arimo Chelsea FC na Newcastle, Christian Atsu, ni umwe mu bashobora kuba bagwiriwe n’inyubako zahirimye kubera uyu mutingito.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31 asanzwe akinira Ikipe ya Hatayspor yo muri Turikiya. Abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi bamuburiye irengero mu gihe bamwe muri bagenzi be bo bababonye aho bari batuye.

Turikiya iri mu bihugu bikunze kwibasirwa cyane n’imitingito. Mu 1999, umutingito ukomeye wishe abarenga 17.000 mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’iki gihugu.

Umutingito ukomeye washegeshe iki gihugu ni uwo mu 1939 ubwo abantu 33.000 bahitanwaga n’uwibasiye Intara ya Erzincan mu Burasirazuba bwa Turikiya.

Perezida Paul Kagame yihanganishije mugenzi we wa Turikiya, Recep Tayyip Erdoğan, abaturage b’igihugu cye n’abo muri Syria nyuma y’umutingito wabibasiriye ugahitana abasaga 2600
Inzego z'ubutabazi ziri mu bikorwa byo gushakisha abagwiriwe n'inyubako
Uyu mutingito wagize ubukana bukomeye mu Mijyi 10 ya Turikiya no muri Syria
Abarenga 2600 ni bo bimaze kumenyekana ko bishwe n'uyu mutingito ukomeye wibasiriye Turikiya na Syria
Turikiya iri mu bihugu bikunze kwibasirwa cyane n’imitingito

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .