00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yavuze ku iterabwoba ryashyizwe kuri Minisitiri Bizimana kubera amateka ya Jenoside yavuze

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 7 April 2025 saa 02:17
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari igihugu cyigeze gukanga Dr. Bizimana Jean Damascène, umaze igihe ashyira hanze ubushakashatsi ku ruhare rw’amahanga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ivangura ryaranze u Rwanda mu myaka yashize, kimubwira ko atazongera guhabwa Visa n’ibindi byinshi.

Dr Bizimana usanzwe ari na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ni umwe mu badahwema kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kugaragaza amwe mu mateka yayo abantu batazi, cyane cyane ajyanye n’uruhare amahanga yayigizemo.

No kuri uyu wa Mbere ubwo hatangizwaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr. Bizimana ni umwe mu batanze ikiganiro, gikurikirwa n’abarimo Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Ikiganiro cya Dr. Bizimana cyagarutse ku ruhare rw’u Bubiligi mu mateka ashaririye y’u Rwanda yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma yacyo, Perezida Kagame yasabye Dr Bizimana kumusangiza ibikubiye muri iyi nyandiko ndetse akayigeza no ku bandi benshi.

Ati “Bizimana iyaba washoboraga gushyira ibyo byose hamwe ubundi ukabisangiza inshuti zacu natwe twese. Ndashaka iyo nyandiko, ariko ntekereza ko ukwiriye no kuyiha inshuti zacu.”

Perezida Kagame yavuze ko iyi nyandiko ari ingenzi nubwo Isi itagiha agaciro ukuri n’ibimenyetso.

Yakomeje abwira abari aho ko hari andi makuru Dr Bizimana yigeze gushyira hanze, igihugu cy’amahanga gitangira kumwibasira.

Ati “Navugaga ibyo kuko hari ikindi gihe Bizimana yatangaje ibindi bintu bigaruka kuri aba bantu n’ubundi yavugaga (Ababiligi), Umunsi ukurikiyeho abantu bavuye muri Ambasade bajya kumutera ubwoba […] bagiye kumureba, ubundi butumwa bunyura muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ntabwo ari uko ibyo yavugaga atari ukuri, ahubwo ni uko yagerageje kuvuga ukuri.”

Yakomeje avuga ko “batangiye kumutera ubwoba bamubwira ko atazabona Visa zo kujya ahantu hatandukanye, amaso ku maso, umuntu wavuye muri Ambasade yateye ubwoba Minisitiri wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko biteye isoni kumva abantu bo muri Ambasade bashobora kwibwira ko bari hejuru ya Minisitiri.

Ati “Ntabwo ibyo yavugaga byari bihabanye n’ukuri cyangwa ibimenyetso dufite, ngo bamubwire ngo kubera iki watangaje ibinyoma, oya baravugaga ngo byaba ari ibinyoma cyangwa ari ukuri kuki wabivuze? Iyi ni yo si tubamo, ariko tugomba guhangana nayo kandi tuzabikora, ntabwo ari ibintu byo gushidikanyaho.”

Muri iki kiganiro Minisitiri Bizimana yatanze, yagaragaje ko u Bubiligi bufite uruhare rukomeye mu mateka asharira y’u Rwanda yagejeje no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yashimangiye ko mu myaka 109 nta gihugu na kimwe ku Isi cyashotoye ikindi nk’uko u Bubiligi bumaze igihe bubikorera u Rwanda.

Ati “Jenoside yakorewe Abatutsi yaturutse ku bukoloni bwimitse irondabwoko ryatumye Jenoside itekerezwa igakorwa amahanga abireba. Isuzuma ry’amateka ngiye kunyuramo mu ncamake rirerekana ko nta gihugu na kimwe ku Isi kimaze imyaka 109 gisenya ikindi nk’uko u Bubiligi bubikorera u Rwanda kuva bwarukoloniza.”

Buri mwaka Abanyarwanda bahurira hamwe mu kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibi biganiro byabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali
Perezida Kagame yavuze ku iterabwoba ryashyizwe kuri Minisitiri Bizimana kubera mateka ya Jenoside yavuze
Umukuru w'Igihugu yashimangiye ko Isi y'uyu munsi idaha agaciro ukuri n'ibimenyetso
Perezida Kagame yavuze ko amateka u Rwanda rwanyuzemo rwayakuyemo amasomo
Perezida Kagame yavuze ko biteye isoni kumva abantu bo muri Ambasade bashobora kwibwira ko bari hejuru ya Minisitiri
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwanga ikibi
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Aegis Trust, Mutanguha Freddy, yagaragaje ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi yiciwe ababyeyi na bashiki be bane
Dr. Bizimana ni umwe mu badahwema kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .