Ni impinduka zakozwe ku wa 10 Kamena 2026. Murwanashyaka Damien yagizwe Minisitiri w’Ibikorwaremezo asimbuye Dr Gasore Jimmy.
Iyindi Minisiteri yakozwemo impinduka ni iy’Abakozi ba Leta n’Umurimo yahawe Judith Uwizeye, wasimbuye Amb Christine Nkulikiyinka, na ho Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ihabwa Kajangwe Antoine Marie wari Umunyamabanga uhoraho wayo.
Muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo kandi hashyizweho Abanyamabanga ba Leta babiri ari bo Col. Bizimungu Claudien na Zinziro Armand wari Umuyobozi Mukuru wa REG.
Abandi bayobozi
Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake yagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda muri Repubulika y’Abaturage y’u Bushinwa, Maj Gen Bayingana Emmanuel agirwa Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda muri Leta ya Isiraheli.
Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda muri Repubulika ya Pologne mu gihe Amb. Nkulikiyinka Christine yagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda mu Bwami bwa Espagne.
Tuyishimire Chantal we yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda asimbuye Kajangwe wagizwe Minisitiri muri iyi Minisiteri.
Ni mu gihe Kanyonga Louise yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Zigama CSS na ho Byilingiro Maximilien agirwa Umuyobozi Mukuru w’lkigo gishinzwe Ingufu (REG)
Umurungi Michelle yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije unashinzwe Ishoramari mu Rwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB)
Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe pic.twitter.com/DQBMmZHA30
— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) June 10, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!