Ni ibiganiro byabereye i Paris muri Élysée mu gihe n’ubundi u Bufaransa ari kimwe mu bihugu biri kugira uruhare mu biganiro bigamije guhuza u Rwanda na RDC kugira ngo umwuka mubi uveho.
Perezida Kagame yaherukaga mu Bufaransa mu Ukwakira 2024, ubwo yari yitabiriye inama ya Francophonie. Icyo gihe na bwo yahuye na Macron ndetse bagiranye ibiganiro bigaruka ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.
Umukuru w’Igihugu ari i Paris mu gihe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu hategerejwe umukino uza guhuza PSG na Arsenal, amakipe yombi yamamaza Visit Rwanda.



Amafoto: Village Urugwiro
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!