Ibiganiro yagiranye n’Umukuru w’Igihugu byibanze ku myiteguro u Rwanda rurimo yo kwakira inama ya 27 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe izateranira i Kigali kuva kuwa 10 kugeza kuwa 18 Nyakanga.
Mu cyumweru gishize Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Komisiyo ya AU, Dr Nkosazana Dlamini Zuma, wanyuzwe n’aho u Rwanda rugeze rwitegura iyo nama ikomeye kuri uyu mugabane, aho u Rwanda ruteganya abashyitsi hagati ya 3500 na 4000 n’abakuru b’ibihugu bagera kuri 54.
Dr Zuma yagize umwanya wo kuzengurutswa ahari ibikorwa bizifashishwa birimo amahoteli, ahazabera inama n’ibindi bikorwa remezo, ashimangira ko nta kabuza abashyitsi bazagubwa neza.
Yagize ati ‘‘Ahazabera inama hameze neza, turishimye kandi itsinda rya AU rizaza mu mpera z’ukwezi ubwo ibizakenerwa bizaba bisuzumwa neza uko bikora.’’
Perezida Déby yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel K. Gasana.
Perezida Déby yasubiye mu gihugu cye ku gicamunsi aho yaherekejwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro baje no kumwakira.
Inkuru bifitanye isano
– Perezida wa Tchad, Idriss Déby unayobora AU arasura u Rwanda
– Perezida wa Tchad agera mu Rwanda (VIDEO)



















TANGA IGITEKEREZO