00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye na Clare Akamanzi, Amadou Gallo na McNab ku iterambere rya BAL

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 18 May 2025 saa 12:34
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, na Leah McNab ushinzwe ibikorwa mpuzamahanga muri NBA bagaruka ku buryo irushanwa rya BAL ryateye imbere byihuse mu myaka ine ishize n’uburyo imikino ishobora kubyarira Afurika amahirwe y’iterambere.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje gukurikira umukino wa kabiri wo mu Itsinda rya Nile Conference mu irushanwa rya Basketball Africa League wahuje APR BBC na Nairobi City Thunders, urangira Ikipe y’Ingabo z’Ihugu itsinze 92-63.

Nyuma y’umukino Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi; Perezida w’Irushanwa rya Basketball Africa League, Amadou Gallo Fall; n’Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa Mpuzamahanga muri NBA, Leah McNab.

Ubutumwa Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro byashyize hanze ku wa 17 Gicurasi 2025 buvuga ko “Baganiriye ku ruhare rw’u Rwanda mu kwakira icyiciro gifungura irushanwa rya Basketball Africa League n’uburyo iri rushanwa ryateye imbere byihuse mu myaka ine ishize.”

Biti “Banagarutse ku bufatanye bugikomeza hagati y’u Rwanda na NBA bugamije guteza imbere impano muri Basketball imbere mu gihugu no ku mugabane wose, hamwe n’amahirwe y’iterambere imikino ishobora kubyarira Afurika.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabanjirije iyi mikino, Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall yashimye uburyo u Rwanda rushyigikira iri rushanwa by’umwihariko Perezida Kagame akaba intangarugero mu kwakira iyi mikino.

Ati “Dufite amahirwe ko dushyigikiwe n’abayobozi bakuru yaba abo mu nzego za Leta cyangwa iz’abikorera. Mu Rwanda ho bimaze kugaragara ko dufashwa cyane na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuko ni abakunzi ba Basketball bakomeye.”

“Bazi neza akamaro ko kubera intangarugero abandi, cyane cyane abakiri bato bityo n’abandi barebereho, kuko ibyo ni byo dushaka ko ibihugu byose bya Afurika bikora. Biragaragara ko bizabigeraho kuko ibyinshi byifuza kwakira BAL.”

Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, wari muri iki kiganiro na we yagarutse ku kamaro iri rushanwa ryagiriye u Rwanda, avuga ko kugira ngo rigere aho rigeze ubu rubifitemo uruhare.

Ati “Turi guhindura imibereho, ubuzima n’ishoramari muri Afurika. Twishimiye kandi ko dukomeza kubifatanyamo n’abafatanyabikorwa bo mu Rwanda n’ahandi.”

U Rwanda ni umufatanyabikorwa wa BAL kuva mu 2021. Muri uyu mwaka rwakiriye Itsinda rya Nile Conference rihuriyemo amakipe ya APR BBC, MBB Blue Soldiers, Al Ahli Tripoli na Nairobi City Thunder.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Clare Akamanzi, Amadou Gallo Fall, na Leah McNab bagaruka ku iterambere rya BAL n'uko imikino yateza imbere Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .