Ibiganiro byagarutse ku ruhare rw’isoko ry’imari n’imigabane mu gukusanya imari y’igihe kirekire, kongera ishoramari ry’imbere mu gihugu, ndetse no kongera uburyo ibigo by’abikorera bibonamo imari yo kwagura ibikorwa bakora.
Banagarutse ku kamaro ko gukomeza kubaka isoko ry’imari ritajegajega kandi rishobora guhangana ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo rirusheho kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu.
Marc Holtzman yashimiye Perezida Kagame ku gushyigikira isoko ry’imari n’imigabane mu Rwanda, ndetse n’amavugurura yakozwe mu kurushaho kubaka u Rwanda nk’igicumbi cy’ishoramari.
Muri ibi biganiro, Holtzman yari kumwe na Blair Richardson, washinze ikigo Bow River Capital gifite icyicaro i Denver muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ikigo cy’ishoramari gifite umutungo ucungwa ungana na miliyari 7,5 z’Amadolari y’Amerika; Dan Green, Umuyobozi Mukuru wa JA Green Development, ikigo cyita ku micungire y’ibikorwa by’ubwikorezi ku kibuga cy’indege cya Denver; ndetse na Korab Toplica, Umuyobozi Mukuru wa Mabetex Africa, ikigo gikora mu bwubatsi n’iterambere gifite inkomoko mu Busuwisi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!