Ibiganiro byabeye i Kigali ku wa 9 Kamena 2026. Itsinda ryaganiriye na Perezida Kagame ryari riyobowe na Rogelio Romero uyobora YPO Gold Panama akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Concretex Panama.
Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro bugira buti “Ibiganiro byibanze ku iterambere ry’u Rwanda, guteza imbere urubuga rwo kwihangira imirimo n’amahirwe y’ubucuruzi n’ubufatanye mu by’ubukungu hagati y’u Rwanda na Panama.”
YPO ni Umuryango Muzamahanga uhuza abayobozi, ugahuriza hamwe abayobozi ibihumbi 38 b’ibigo by’ubucuruzi byo mu bihugu 130.
Ishami rya Panama rihuriyemo abayobozi bakuru b’ibigo by’ubucuruzi n’ishoramari bikomeye muri iki gihugu.
Mu 2003, Young Presidents Organization (YPO) yahaye Perezida Kagame igihembo cyitwa Global Leadership Award, kubera imiyoborere yahinduye ubuzima bw’Abanyarwanda, ibyo bikagaragarira ku kwimakaza amahoro, ndetse n’ikigero cy’iterambere mu bukungu n’imibereho myiza yabagejejeho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!