00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyaruguru: Miliyoni 300 Frw zo gufasha abatishoboye zakusanyijwe mu cyumweru kimwe

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 18 June 2026 saa 05:56
Yasuwe :

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru, Ingabire Véneranda, yatangaje ko mu cyumweru kimwe gusa, abafatanyabikorwa n’abajyanama b’Akarere bakusanyije ibintu by’agaciro ka miliyoni 293 Frw, byagenewe gufasha imiryango itishoboye.

Yabigarutseho ubwo hamurikwaga ibyagezweho mu Cyumweru cy’Umujyanama n’Umufatanyabikorwa cyabaye kuva ku wa 8 kugeza ku wa 12 Kamena 2026 mu Karere ka Nyaruguru.

Ingabire yavuze ko hakusanyijwe inkunga ifite agaciro k’arenga miliyoni 290 Frw, igenewe gufasha imiryango itishoboye yo mu mirenge 14 igize aka karere. Yiyongereyeho asaga miliyoni 90 Frw ugereranyije n’ayari yakusanyijwe mu gikorwa nk’iki cyabaye mu 2025.

Yagaragaje ko iyi nkunga igizwe n’inka zitanga umukamo 37, n’ingurube 753, amabati 2.633 yo gusakara inzu z’abatishoboye, imifuka ya sima 1.075, ubwisungane mu kwivuza bwishyuriwe bamwe mu baturage, ibikoresho bitandukanye by’ubwubatsi nk’imisumari ndetse n’imiganda yakozwe muri icyo cyumweru.

Ingabire yakomeje avuga ko ibi bigaragaza uruhare rukomeye rw’abafatanyabikorwa mu kuzamura imibereho y’abaturage, yibutsa ko ibi bikorwa bitabirwamo uruhare rusanzwe rw’ibikorwa bakora mu gihe cy’umwaka kuko byo bibarirwa muri miliyari zisaga 7 Frw yatanzwe mu mwaka.

Perezida w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa, JADF Indashyikirwa, Twahirwa Fabien, yavuze ko amafaranga n’ibindi byegeranyijwe muri icyo cyumweru ari amateka mashya ku Karere ka Nyaruguru, kandi ikaba intego idasubira inyuma mu gukomeza kubakira ubushobozi umuturage.

Yagize ati ‘‘Ni umuhigo wagezweho mu minsi itanu gusa. Bigaragaza uruhare rukomeye abafatanyabikorwa bafite mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kubafasha kugera ku iterambere rirambye.”

Abagezweho n’ubufasha bwihariye muri iki cyumweru barimo Nyirahabineza Francine wubakiwe inzu na Kayitare Emmanuel worojwe inka, bavuze ko bigiye kubahindurira ubuzima, bagahamya ko batazabipfusha ubusa.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr. Emmanuel Murwanashyaka, yavuze ko iki cyumweru cyagaragaje akamaro ko guhuza imbaraga z’abafatanyabikorwa mu gukemura ibibazo by’abaturage, anashima Perezida Kagame, washyizeho uburyo bwo kwimakaza imiyoborere ishingiye ku kwisuzuma, kubazwa inshingano no gukora ibikorwa bifitiye abaturage akamaro mu gihe gikwiye.

JADF-Indashyikirwa y’Akarere ka Nyaruguru igizwe n’abanyamuryango 83 barimo imiryango itari iya leta, ibigo by’imari, inzego za leta, amadini n’amatorero, abikorera ndetse n’inganda zitunganya icyayi n’ikawa zikorera muri aka karere.

Abafatanyabikorwa bagiye bitanga abafaranga yihariye yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y'abaturage i Nyaruguru
Amatungo magufi asaga 700 yatanzwe mu mirenge yose yo muri Nyaruguru muri gahunda yo gufasha abaturage batishoboye
Muri iki cyumweru cy'umujyanama n'umufatanyabikorwa kandi habayemo n'imiganda itanga ibisubizo ku bibazo bibangamiye abaturage
Inka 37 zorojwe abatishoboye mu cyumweru cy'Umujyanama n'Umufatanyabikorwa mu Karere ka Nyaruguru
Hirya no hino mu mirenge habaye imiganda irimo kubakira abatishoboye
Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere ka Nyaruguru, Ingabire Véneranda, yashimye ukwiyemeza kugamije guteza imbere kuranga abafatanyabikorwa bose ba Nyaruguru
Muri iki cyumweru hari n'abashyikirijwe inzu zo guturamo, bashima ubuyobozi bwabazirikanye
Mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru hatanzwe inka 21
Umwe mu bagenerwabikorwa w'urubyiruko ashyikirizwa imashini idoda yifashisha amashanyarazi ngo azayikoresha yiteza imbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages