Iki gikorwa cyabaye ku wa 28 Kanama 2026 mu birori byo gusoza amahugurwa abanyerondo bari bamazemo igihe.
Mu mbogamizi zizitira abakora irondo ry’umwuga harimo n’uko inkweto zabo zangirika vuba kubera kuzambara amanywa n’ijoro no kuzikoresha imyitozo ikorwa kenshi.
Ni muri urwo rwego buri munyerondo yahawe impuzankano igizwe n’nkweto, ingofero, ishati n’ipantalo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanyinya, Nduwayezu Alfred, na we yashimangiye ko impuzankano nshya zari zikenewe, avuga ko izo bari bafite zari zishaje, abakora irondo ry’umwuga bakagaragara nabi ndetse bikabagabanyiriza agaciro mu nshingano bakora.
Ati "Babambitse imyenda bose. Imyenda bakoranaga yari ishaje ku buryo itaheshaga agaciro umunyerondo. Inkweto bakoreshaga bazambaraga buri gihe, ariko uyu munsi babonye izindi nziza zigiye kubafasha mu kazi kabo.”
Abahawe iyi myambaro bishimiye nkunga batewe, bavuga ko ibateye ingabo mu bitugu bityo bakaba bagiye kurushaho gukora inshingano zabo mu buryo bunoze kandi kinyamwuga.
Umwe mu bahawe iyi myambaro, Sinzinkayo Khassim yavuze ko igiye gutuma akaza ingamba aho we na bagenzi bazahindura byinshi mu mikorere yabo.
Ati “Mu kazi dukora hari byinshi bigiye guhinduka, nk’ubu imyenda twakoranaga ntiyari ijyanye n’igihe. Tugiye gukorana umurava kandi dukore akazi tugakunze, dukaze umutekano, turwanye ibiyobyabwenge.”
Kugira uruhare mu iterambere n’umutekano w’igihugu ni kimwe mu bigaragaza ubufatanye hagati y’ibigo byikorera n’inzego za leta.
SKOL yavuze ko yatanze iyi nkunga bitewe n’imibanire myiza ndetse n’ubufatanye ifitanye n’Umurenge wa Kanyinya, ihitamo guteza imbere umutekano waho.
Umuyobozi Mukuru wayo Eric Gilson yagize ati “Dufitanye imikoranire myiza ari na cyo cy’ingenzi cyane, dushimangira umutekano hano, kuko mu byo Skol ijya ikora harimo ibikorwa nk’ibyo byo kwita ku baturage tukanafasha sosiyete gutekana.”
Abanyerondo bibukijwe ko inshingano zabo ari ukuba hafi y’abaturage, mu bijyanye n’umutekano wabo, banabuzwa imico mibi yagiye ibagaragaramo y’ubujura, gusinda no kurwana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!