00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Guhabwa amazi meza byabakijije ingona zo muri Nyabarongo

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 3 February 2024 saa 10:38
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko ibice by’umurenge wose bigejejwemo amazi meza bakaba batakiribwa n’ingona zo mu mugezi wa Nyabarongo.

Bamwe mu baganiriye na IGIHE, bavuga ko mbere batarahabwa amazi meza bagorwaga no kubona amazi ku buryo hari n’abajyaga kuvoma muri Nyabarongo ndetse hakaba hari n’abagiye baribwa n’ingona bakahasiga ubuzima.

Ku wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024, ubwo mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali hatahwagwa ivomero ry’amazi ryubatswe n’Irondo ry’umwuga ry’Umurenge wa Kigali rifite agaciro ka 1300000Frw, abatuye muri aka gace bavuze ko babyishimiye kuko bari barikeneye cyane.

Bemeza ko mbere bagorwaga no kubona amazi meza ku buryo hari n’abanywaga ibirohwa cyangwa amazi y’umugezi wa Nyabarongo bagahora barwaye inzoka n’indwara ziterwa n’umwanda.

Byumvuhore Emmanuel yagize ati “Mbere wasangaga abantu bahora barwayeinzoka kubera kunywa amazi mabi, hari abandi binyweraga aya Nyabarongo ku buryo hari n’abariwe n’ingona mu myaka yashize.”

Uwamahoro Claudine, we yagize ati “ Turashimira ubuyobozi kuba uduce hafi ya twose tw’umurenge wacu tumaze kugezwamo amazi meza, ubu noneho natwe dusigaye twemera ko turi abanyakigali tutakiri abanyacyaro.”

Umunyamabanga Nshingwbaikowa w’Umurenge wa Kigali, Ntirushwa Christophe, avuga ko abaturage bo muri aka gace bari bakeneye amazi meza.

Ati “Ririya vomero riracyemura ikibazo cy’amazi meza.”

Yongeyeho ko muri uyu murenge nta baturage bacyivoma amazi ya Nyabarongo bitewe n’uko amazi meza yamaze kugera mu duce twose tuwugize.

Uretse amazi meza yagejejwe muri aka gace, kuri uyu munsi w’Intwari abanyerondo 221 bo muri aka gace nabo bahawe imyambaro ifite agaciro k’arenga miliyoni 5Frw.

Ubwo hatahwagwa ivomero ry'amazi ryubatswe n'irondo ry'Umwuga ryo mu Murenge wa Kigali
Abaturage bishimira ko ntawe ukiribwa n'ingona nyuma y'uko uduce twose batuyemo dushyikirijwe amazi
Abanyerondo bo muri uyu Murenge wa Kigali bahawe imyenda ifite agaciro k'arenga miliyoni 5Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages