Mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ukwakira 2025, ni bwo yasanzwe aho yari acumbitse ku Mugonzi, mu Mujyi wa Nyanza, yapfuye afite n’ishuka mu ijosi.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage ndetse n’inzego z’ibanze, bahise batabarana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bagezeyo basanga umurambo w’umusore uri mu bwogero n’ishuka byagaragaraga ko yari yayihambiriye mu ijosi.
Ati “Umurambo we wahise uhakurwa ujyanwa ku Bitaro by’Akarere bya Nyanza, kugira ngo ukorerwe isuzuma.”
CIP Kamanzi, yakomeje avuga iperereza nyakuri rishingiye ku bimenyetso ari ryo rizahamya icyo yazize, anavuga ko umuryango wa Nyakwigendera wakomokaga mu Karere ka Musanze wamenyeshwejwe iby’ibyo byago, ubu ukaba waje kureba umuntu wabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!