Ntezimana uri mu kigero cy’imyaka 36 warindaga Ikigonderabuzima cya Mweya kiri mu Kagari ka Gahunga mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza.
Umwe mu bo mu muryango we yabwiye IGIHE ko ku wa 14 Kanama 2026 Ntezimana yari yuriye icyo cyuma ageze hejuru kiravunika akubita umutwe hasi, aviramo imbere bamujyana ku Kigonderabuzima cya Mweya na ho bamwohereza ku Bitaro bya Nyanza bagezeyo na byo bimwohereza ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB.
Yagize ati “Yakoreraga koperative yitwa ’Umoja ni Nguvu Rwanda Cooperative’ yitabye Imana ageze mu Bitaro bya CHUB."
Umuyobozi Wungirije w’Ikigo nderabuzima cya Mweya, Ukwitegetse Léocadie yavuze ko ibyabaye na we yabyumvise ariko nta bindi yarenzaho kuko atarabona raporo ya muganga.
Ntezimana Bertain asize umugore n’abana bane. Umurambo we uri mu Bitaro bya CHUB.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!