Byabaye mu ijoro rishyira ku wa 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Nkomero, Umurenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza aho abagabo babiri, bari bitwikiriye ijoro bari mu gikorwa guteka kanyanga mu ngunguru maze iyo ngunguru iza gushyuha cyane iraturika.
Muri uko guturika byatumye n’inzu y’amategura barimo isenyuka bituma umwe muri bo witwa Ntabanganyimana Edouard w’imyaka 35 ahasiga ubuzima na ho mugenzi we wimyaka 36 arakomereka bikomeye.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko bihutiye gutabara, maze bajyana uwakomeretse n’uwapfuye ku Bitaro bya Gitwe.
Ati “Uwakomeretse ari ku Bitaro bya Gitwe ari kwitabwaho n’abaganga ndetse n’umurambo wa nyakwigendera ni ho wajyanywe.”
CIP Kamanzi yakomeje yibutsa abaturage kwirinda ibikorwa bibi birimo no guteka, kunywa no gucuruza kanyanga kuko bitemewe kandi bihanirwa n’amategeko
Yanaboneyeho gukomeza kwibutsa abaturage gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira ibyaha bitaraba anaburira abakomeje kwijandika mu bikorwa bigayitse bihungabanya umutekano wabo ubwabo ndetse nuwa bagenzi babo kubicikaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!